DR Congo: Abategetsi bavuga ko abantu 12 barokotse Ebola Bundibugyo
Abategetsi bo mu rwego rw’ubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko abantu 12 barokotse ubwoko bushya bwa Bundibugyo bw’ikiza cya Ebola, ariko ko abarwayi 283 bakirimo kwitabwaho mu turere 25 tw’ubuvuzi two mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
Ipima ryo muri laboratwari ryemeje ko ibipimo 515 – abantu 515 – byagaragayemo Ebola kuva iki kiza gitangajwe, abantu 91 bakaba bamaze kwicwa na Ebola. Ibikorwa byo guhangana n’iki kiza ubu biri mu cyumweru cya kane.
Mu mpera y’icyumweru gishize, ikibuga cy’indege cya Bunia, mu murwa mukuru wa Ituri, cyongeye gufungwa ku ngendo z’indege za gisivile nyuma y’akanya gato cyari kimaze cyongeye gufungurwa.
Hagiyeho ubutegetsi bushya bwa gisirikare muri iyo ntara, bugabanya ingendo, zemererwa gusa abakozi bakora ubutabazi hamwe n’amatsinda y’abahanganye na Ebola, mu rwego rwo guhashya ikwirakwira ry’iyi virusi.
Iki ni ikiza cya 17 cya Ebola cyibasiye DRC. Mu kwirinda ko habaho kwisubiramo kw’ibyabaye mu cyorezo cyabaye kuva mu 2018 kugeza mu 2020, cyishe abantu barenga 2,000, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima n’ikigo cy’Afurika cyo kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, byatangaje gahunda ya miliyoni 518 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 750 FRW) yo guhangana na Ebola, iyo gahunda ikaba izageza mu Gushyingo (11) kw’uyu mwaka.
Ibikorwa byo muri iyi gahunda birimo guhuzwa n’abategetsi bo muri DRC no muri Uganda, aho abantu 19 bemejwe ko banduye Ebola ndetse bigatangazwa ko abantu babiri yabishe muri icyo gihugu.
Izindi nkuru wasoma: