Agahinda nyuma y'uko umukinnyi ukomeye wa Rugby yishwe na rubanda ku muhanda i Kampala bamwita umujura

Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 3

Umuryango rusange w'abakinnyi n'abakunzi ba Rugby muri Uganda uri mu gahinda kubera amashusho arimo kugaragara yerekana uburyo umukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Rugby yakubiswe kugeza apfuye yitwa umujura.

Sydney Gongodyo byatangajwe ko yapfuye azize ibikomere mu ijoro ryo ku wa gatanu nyuma y'uko abantu bamukubise ari benshi ahitwa Ntinda mu murwa mukuru Kampala.

Mu itangazo, polisi ya Uganda yavuze ko abantu batatu, abagabo babiri n'umugore umwe, bafunzwe bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Gongodyo wari umukinnyi wa Stanbic Black Pirates.

Polisi ivuga ko iperereza ry'ibanze ryerekana ko uwapfuye yibasiwe n'imbaga imushinja gushikuza umugore ishakoshi.

Inkuru y'urupfu rw'uyu mukinnyi w'imyaka 27 imaze kumenyekana imikino ya Rugby yari iteganyijwe i Kampala ku cyumweru yasubitswe mu gihe abantu benshi bari bakomeje kugaragaza agahinda batewe n'ibyabaye.

Amakuru avuga ko hari umugore umujura yashikije ishakoshi ku muhanda akiruka, nyuma abantu bahise bagera kuri Sydney Gongodyo ari hakurya y'umuhanda bakavuga ko ari we mujura, maze batangira kumukibita, kugeza babaye benshi.

Amashusho yerekana asaba imbabazi abarimo kumukubita avuga ko atari umujura ahubwo ari umukinnyi wa Rugby, ariko ntibamwumva. Yakubiswe kugeza ataye ubwenge, bamuhondagura amabuye manini cyane ku mutwe.

Polisi yatangaje ko irimo gukora iperereza ku byabaye.

Mu muhango wo kumusezera wabaye ku cyumweru muri Kings Park Arena i Bweyogerere muri Kampala, ikipe ye ya Stanbic Black Pirates yatangaje ko nta muntu uzongera kwambara numero 7 Gongodyo yambaraga.

Abafashe ijambo, barimo umugore we bafitanye umwana umwe, batangaje agahinda batewe n'uburyo bubabaje Sydney yishwemo, ndetse n'uburyo polisi yamutwaye kwa muganga.

Polisi yageze aho yakubitiwe, umubiri we uraterurwa ushyirwa mu modoka igendamo abapolisi aho gutwarwa mu modoka itabara imbabare, ibyanenzwe n'abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma, Sydney Gongodyo byemejwe ko yapfuye agejejwe ku bitaro bya Mulago i Kampala, nk'uko byatengajwe mu muhango wo kumusezeraho.

Mu kumusezeraho ku cyumweru, nyina yavuze ko Gongodyo yari arimo agenda n'amaguru ajya mu rugo aho muri Ntinda gufata mushiki we akamujyana ku ishuri ryisumbuye, bakamutegereza kugeza telephone ye bayihamagaye bakayibura, mbere y'uko inkuru mbi ibageraho.

Hebert Mensah ukuriye ishyirahamwe rya Rugby muri Uganda, yatangaje ko "igihe cyose" Gongodyo yahagarariye Uganda Cranes n'ikipe ya Pirates "yaranzwe n'ikinyabupfura, umuhate n'urukundo nyakuri rw'umukino" wa Rugby.

Biteganyijwe ko Gongodyo, wari umunyeshuri muri Kaminuza ya Makelele, azashyingurwa ku wa kabiri aho akomoka mu karere ka Sironko mu burasirazuba bwa Uganda, nk'uko umuryango we wabitangaje.