CICR yemeje ko RD Congo yarekuye imfungwa 15 za M23 mu ihererekanya rya mbere ikoze
Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yafunguye imfungwa 15 zifitanye isano n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, mu ihererekanya ryafashijwe na komite mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR).
Urukurikirane rw’imodoka rwavuye i Beni ku mugoroba wo ku wa kane runyura muri Uganda mbere yuko rugera muri Rutshuru mu gitondo cyo ku wa gatanu, aho imfungwa zahawe ihuriro rya AFC, ririmo M23 nk’ishami ryaryo rya gisirikare.
Icyo gikorwa cyakozwe muri gahunda y’amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono muri Nzeri (9) mu mwaka wa 2025.
Ni igikorwa kirimo kubonwa nk’intambwe ikomeye yo kubaka icyizere mu bikorwa bigamije guhosha ubushyamirane mu burasirazuba bwa DRC.
CICR, nk’umuhuza udafite uruhande abogamiyeho, yavuze ko irekurwa ry’izo mfungwa ryakozwe hubahirizwa ingamba zikomeye zo kwirinda indwara, zirimo na Ebola.
CICR yavuze ko ifite icyizere ko icyo gikorwa kizongera guhuza imiryango no gucira inzira ibindi bikorwa byo guhererekanya imfungwa.
Gikurikiye intambwe zatewe mbere muri Gicurasi (5) mu mwaka wa 2025, ubwo abasirikare ba leta ya DRC barekurwaga na AFC/M23, mu rwego rw’iyo gahunda ya Doha.
Iri hererekanya ryo ku wa kane ni intambwe ya mbere ifatika itewe mu ishyirwa mu ngiro ry’ibyo impande zombi ziyemeje muri gahunda ya Doha, inarimo kwemera ko abakora ubutabazi bagera ahari ababucyeneye n’igenzurwa ry’agahenge.
Mu karere kamaze imyaka mu ntambara, iri rekurwa ry’imfungwa ribaye akanya k’imbonekarimwe k'intambwe itewe muri iyi gahunda y’amahoro ijegajega.
Izindi nkuru wasoma: