Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Ubucamanza bw'Ubufaransa bwanzuye ko abasirikare ba 'Opération Turquoise' nta ruhare bagize muri jenoside yabaye mu Rwanda

Mu mwanzuro warwo ku wa gatatu, urukiko rusesa imanza rw'i Paris rwanzuye ko bitarebaga abasirikare bari bari mu Bisesero "gukora nta tegeko bahawe riturutse ku babakuriye, ni ukuvuga minisiteri y'ingabo".

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Chine: Abantu 20 bapfuye mu muriro wafashe ubwato bw’imizigo

    Abantu n’imiburiburi 20 bapfuye, abandi batanu ntibaraboneka, inyuma y’uko umuriro ufatiye ubwato bw’imizigo bwari buriko burasanurwa ku kivuko ca Qingdao, mu buseruko bw’Ubushinwa.

    Amakuru yatangajwe n’ibimenyeshamakuru vya reta y’Ubushinwa avuga ko abantu 42 bari muri ubwo bwato igihe umuriro waduka. Abantu 12 baratabawe ata co babaye, abandi batanu barakomereka bajanwa kwa muganga. Abategetsi bavuga ko amagara yabo atabangamiwe cane.

    Umuriro wadutse isaha 11 n’iminota 15 zo mu gitondo ku masaha yaho, mu kibanza c’ishirahamwe Beihai Shipbuilding Co., aho ubwo bwato bwari bwashikanywe kugira busanurwe.

    Uwo muriro wazimijwe nk’isaha zibiri n’igice zo ku muhingamo.

    Amafoto yasohowe n’ibimenyeshamakuru vya reta yerekana ko ubwo bwato bwitwa Ocean Melody kandi bufise ibendera rya Liberia.

    Umukuru w’igihugu c’Ubushinwa Xi Jinping yategetse ko ibikorwa vyo kurondera no gutabara abataraboneka vyihutishwa.

    Icatumye uwo muriro waduka ntikiramenyekana.

  2. Trump avuga ko Umunyamerika wese ukuze azabona $5000 abarepubulikani nibatsinda amatora yo hagati muri manda

    Perezida w’Amerika Donald Trump avuga ko azaha Umunyamerika wese ukuze amadolari 5000 (angana na miliyoni 7 FRW) ishyaka arimo ry’abarepubulikani niriramuka ritsindiye gutegeka imitwe yombi y’inteko ishingamategeko (uw’abadepite n’uwa sena) mu matora yo hagati muri manda azaba mu Gushyingo (11) uyu mwaka.

    Iyo gahunda yatwara arenga tiriyari imwe (ingana na miliyari 1,000) y’amadolari y’Amerika.

    Iyo gahunda yateje impaka yayitangaje ku wa gatatu mu ijambo yavugiye mu nama nkuru y’iryo shyaka ya mbere ibaye hagati muri manda ya perezida w’Amerika, i Dallas muri leta ya Texas.

    Nta makuru arambuye yatanze ku kuntu iyo gahunda izagenda cyangwa aho ayo mafaranga azava – avuga gusa ko ayo mafaranga azagomba gukoreshwa muri Amerika.

    Abo mu ishyaka ry’abademokarate ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Amerika bahise bihutira kwita iyo gahunda “isezerano ririmo ubusa”, mu gihe abandi bibajije niba gusezeranya ibintu nk’ibyo byaba bikurikije amategeko.

    Muri Amerika hari Abanyamerika bakuru bagera kuri miliyoni hafi 270, bikaba bisobanuye ko guha buri umwe muri bo amadolari 5000 byatwara leta y’Amerika tiriyari 1.3 y’amadolari.

    Ibibazo ku kumenya niba iyo gahunda ishoboka byatangiye kwibazwa – cyane cyane muri iki gihe ibiciro birimo kuzamuka, ku ruhande rumwe bitewe n’ingaruka z’intambara Amerika na Israel byatangije kuri Iran muri Gashyantare (2) uyu mwaka.

    Ukwihorera kwa Iran kwabayemo ibitero ku bigo bya gisirikare by’Amerika no ku nshuti zayo zo mu Kigobe cy’Abarabu – ariko by’umwihariko, Iran ahanini yafunze umuhora wa Hormuz, aho hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli na gaze itunganyije bikoreshwa ku isi byanyuraga.

    Iryo fungwa ryateje ihindagurika rya hato na hato ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli hirya no hino ku isi, ndetse Trump akomeje kotswa igitutu n’abo mu ishyaka rye kugira ngo arangize iyo ntambara.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Uganda: Ubwami bwa Tooro bwatangaje umwami mushya w'umunyamakuru wakoze mu Rwanda

    Ubwami gakondo bwa Tooro mu burengerazuba bwa Uganda bwatangaje umunyamakuru kuri televiziyo ya leta (UBC) Edward Rukidi Kijanangoma nk'Umwami mushya wo gusimbura Umwami Oyo Nyimba, watanze (wapfuye) mu kwezi gushize afite imyaka 34, akaba yari we mwami muto cyane ku isi wari uri ku ngoma.

    Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV, wari warimye ingoma mu mwaka wa 1995 ubwo yari afite imyaka itatu, yapfiriye muri Amerika ku itariki ya 27 Kanama (8), aho yari arimo kuvurirwa kanseri.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa gatatu mu murwa mukuru Fort Portal w’ubwo bwami, komite y’abiru yatangaje ko yahisemo Igikomangoma Edward Rukidi Kijanangoma, usanzwe ari umunyamakuru usoma amakuru ndetse akaba ari n’umwanditsi mukuru kuri televiziyo UBC, ngo abe Umwami, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.

    Itoranywa rya Kijanangoma ritandukanye n'ibyari byatangajwe mbere na Minisitiri w’intebe w’ubwo bwami Calvin Armstrong Rwomiire wari wavuze ko Oyo Nyimba, utari warashatse umugore mu buryo buzwi, yasize umwana, ari we wari kumusimbura ku ngoma.

    Nyuma y’amasaha akanama k’abiru gatangaje ko kahisemo Kijanangoma, impaka zahise zivuka.

    Igikomangomakazi Ruth Komuntale, umukobwa umwe gusa uvukana n’uwari Umwami Oyo Nyimba, yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ko we na nyina (umugabekazi) Best Kemigisa, batemera itoranywa rya Kijanangoma nk’Umwami mushya.

    Ibiro ntaramakuru Reuters byasubiyemo amagambo y’Igikomangomakazi Ruth Komuntale agira ati: “Musaza wanjye, yasize umurage usobanura neza cyane ko umuntu ukurikira ku murongo ari umuhungu we, uwo ni we muragwa w’ingoma.”

    Yongeyeho ko uwo murage unavuga uwasimbura Oyo igihe umuhungu we yaramuka adashoboye kumusimbura ku ngoma.

    Umugogo (umurambo w’umwami) wa Oyo watahukanwe muri Uganda uvuye muri Amerika ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ndetse ubu imyiteguro irakomeje yo gutabarizwa (gushyingurwa kw'abami) ku wa gatandatu ku musezero (irimbi ry’abami) uri hafi y’ingoro ye i Fort Portal.

    Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe mu bakoranye na Edward Rukidi Kijanangoma – akiri umunyamakuru kuri televiziyo y’u Rwanda aho yakoreshaga izina Eddie David Nkurukenzire – bishimiye itoranywa rye.

    Richard Kwizera yatangaje ku rubuga X ati: “Yasomaga amakuru y’Icyongereza...Jye ndi umunyamakuru utara amakuru mu Cyongereza n’Ikinyarwanda.”

    Yongeyeho ati: “Ni uko ni uko....”

    Nubwo Uganda itegetswe na perezida watowe, ifite ubwami bwinshi bwa gakondo bukomeje kugira ijambo rikomeye mu rwego rw'umuco nubwo nta jambo ryo muri politike bufite.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Trump avuga ko intambara yo muri Iran itazarangira mbere y'amatora y'ingenzi yo mu Gushyingo (11) uyu mwaka

    Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko adatekereza ko intambara yo muri Iran izarangira mbere y’amatora yo hagati muri manda azaba mu Gushyingo (11) uyu mwaka, yongeraho ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bitazagabanuka mbere y’icyo gihe.

    Avuga kuri Iran ku wa gatatu, Trump yagize ati: “Ntekereza ko intambara izarangira ako kanya nyuma y’amatora kuko ntibashobora kwihagararaho igihe kirekire kirenzeho.”

    Yabivuze ubwo yari arimo yerekeza muri leta ya Texas mu nama ya mbere y’ishyaka rye ijyanye n’amatora yo hagati muri manda. Muri ayo matora, uruhande rw’abafite ijambo rikomeye muri leta y’Amerika rushobora guhinduka.

    Trump yugarijwe n’ikibazo cy’imibare irimo kujya hasi mu makusanyabitekerezo ku gukundwa kwe mu baturage ndetse n’igitutu cy’imbere mu ishyaka rye ry’abarepubulikani cyo kugira ngo arangize intambara na Iran.

    Ku wa gatatu, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byarazamutse bigera ku madolari 100 y’Amerika (hafi 150,000 FRW) ku kagunguru, ku nshuro ya mbere kuva muri Nyakanga (7) uyu mwaka, bitewe n’imirwano ikomeje kwiyongera mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.

    Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Ako kanya nyuma y’amatora, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizahita bitangira guhirima bijya hasi.” Yongeyeho ati: “Ntekereza ko bizafata akandi kanya gato karenze [amatora yo] hagati muri manda.”

    Perezida w’Amerika yanavuze, nta gihamya atanze, ko Iran ishaka guteza ibibazo kuri ayo matora.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Ubucamanza bw'Ubufaransa bwanzuye ko abasirikare bo muri 'Opération Turquoise' nta ruhare bagize muri jenoside yabaye mu Rwanda

    Ubucamanza bw’Ubufaransa bwemeje ukudakurikirana abasirikare b’Ubufaransa kwatangajwe mu rwego rw’iperereza ku kuba baragize “ubufatanyacyaha muri jenoside” yabaye mu Rwanda mu 1994, mu iyicwa ry’Abatutsi mu Bisesero mu burengerazuba bw’igihugu, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru AFP.

    Amashyirahamwe Survie, IBUKA iharanira inyungu z’abarokotse jenoside, FIDH, LDH na LICRA hamwe n’abarokotse jenoside batandatu, bashinjaga abasirikare b’Ubufaransa kuba baratereranye babizi neza impunzi z’abasivile b’Abatutsi bari bari mu misozi ya Bisesero, bikabaviramo ko ababarirwa mu magana muri bo bicwa n’Abahutu, kuva ku itariki ya 27 kugeza ku ya 30 Kamena (6) mu mwaka wa 1994.

    Icyo gihe abasirikare b’Ubufaransa bari bari mu Rwanda mu gikorwa cyiswe ‘Opération Turquoise’, leta y’Ubufaransa ivuga ko cyari icy’ubutabazi.

    Mu Kuboza (12) mu mwaka wa 2024, urugereko rwo mu rukiko rw’ubujurire rwa Paris rwari rwanze ibirego by'"ubufatanyacyaha muri jenoside" ku basirikare b’Ubufaransa, ibyo bikaba byaremezaga ukudakurikiranwa rusange (non-lieu général) kwari kwatangajwe mu Kwakira (10) mu mwaka wa 2023 n’abacamanza bakora iperereza, icyo gihe bangaga ko hari irindi bazwa ry’inyongera ryabaho.

    Icyo gihe amashyirahamwe yareze yari yahise agana mu rukiko rusesa imanza.

    Mu mwanzuro warwo ku wa gatatu, urwo rukiko, rusumba izindi mu Bufaransa, rwanzuye ko “ntibyarebaga abasirikare bari bahari gukora nta tegeko bahawe riturutse ku babakuriye, ni ukuvuga minisiteri y’ingabo”.

    Abacamanza banavuze ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko abo basirikare bari bafite ubushake bwo “gutuma habaho ikorwa ry’ibyaha byakorewe abasivile b’Abatutsi”, abacamanza bavuga ko igihe cy’iminsi itatu mbere yuko haba ubutabazi cyari icyo “gusobanukirwa uko ibintu bimeze byari bikirimo urujijo”.

    Ni dosiye yari imaze imyaka 20.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.