IKIBIRIRAHO, Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize
Iran ivuga ko icyo gitero ku kirwa cya Larak, cya mbere kizwi Amerika igabye kuva mu mpera ya Nyakanga (7), cyishe abantu babiri ndetse gikomeretsa abandi babiri.
Umubare w’abantu baburiwe irengero muri
Nepal nyuma y’umwuzure w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu,
wazamutse ugera ku bantu 4,247, mu gihe abantu nibura 903 bazwi ko bapfuye.
Uwo mubare w’ababuriwe irengero wiyongereye
cyane uvuye ku bantu 2,502 bari batangajwe ku cyumweru.
Ahavuye isanamu, Reuters
Muri abo baburiwe irengero, 3,655 ni abaturage ba Nepal, mu gihe abanyamahanga 592 bataramenyekana aho baherereye.
Muri Tibet – akarere kagenzurwa n’Ubushinwa – umubare w’abapfuye watangajwe n’abategetsi ni abantu 16, mu gihe abantu 546 batangajwe ko baburiwe irengero, nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo mu Bushinwa.
Abantu babarirwa mu magana mu baburiwe irengero byemezwa ko bari abakozi bo ku ngomero z’amashanyarazi zo muri Nepal, bamwe muri bo bakaba barakoreraga mu miyoboro yo munsi y’ubutaka.
Ünal Üstel, Minisitiri
w’intebe w’iyiyise repubulika ya Turukiya kuri Cyprus, yavuze ko ubwo bwato
bwari butwaye abagenzi 259 ndetse burimo abantu umunani babukoramo, ubwo amazi
yatangiraga kubwinjiramo ku cyumweru nyuma yuko buhagurutse mu mujyi wa Kyrenia
uri ku nkombe.
Üstel yanditse ku
mbuga nkoranyambaga ko umusare mukuru (kapiteni) w’ubwo bwato hamwe n’abandi
barindwi babukoramo bafunzwe bijyanye n’iperereza ririmo gukorwa ku “kuntu
ibyago byabaye”.
Abategetsi bavuga ko
benshi mu bari bari muri ubwo bwato batabawe. Igikorwa cyo gushakisha no gutabara
cy’abategetsi bo muri Turukiya kirakomeje.
Rwanda: Abanyeshuri barenga 7000 bakopeye ibizamini bya leta bagiye kubisubiramo
Ahavuye isanamu, MINEDUC
Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'uburezi mu Rwanda Joseph Nsengimana ubwo yatangizaga ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza ku itariki ya 7 Nyakanga (7) uyu mwaka
Minisiteri y'uburezi mu Rwanda yatangaje ko iperereza yakoze ku bikorwa byo gukopera no gukopeza ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026 ryemeje ko habaye gukopera mu buryo bwa rusange mu byumba 254 byakorerwagamo ibizamini, byarimo abanyeshuri 7,188 bo mu hirya no hino mu gihugu, ubu bakaba bagiye kubisubiramo.
Mu itangazo yasohoye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku cyumweru, yavuze ko "n'ubwo ubusanzwe uwakoze amakosa nk'aya ahanishwa gutesha agaciro ibizamini yakoze" atari ko bigiye kugenda kuri abo banyeshuri, kuko iperereza ryasanze "bimwe muri ibi bikorwa byo gukopera byateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n'abantu bakuru bari bahawe inshingano zo gukoresha no kugenzura itangwa ry'ibizamini".
Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize
Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Amato ari mu Muhora wa Hormuz arimo kuboneka hafi y’umwaro wa Bandar Abbas, uri hafi y’ikirwa cya Larak
Amerika na Iran byarasanye nyuma yuko ingabo
z’Amerika zigabye igitero ku ntwaro ebyiri zifashishwa mu kohereza ibisasu bya rokete
zari ziri ku kirwa cya Larak mu Muhora wa Hormuz.
Igitangazamakuru CBS News gikorana na BBC
muri Amerika cyasubiyemo amagambo y’umuvugizi wa bimwe mu biro bikuru by’ingabo
z’Amerika (CENTCOM), Komanda Tim Hawkins, agira ati:
“Abasirikare bo mu mutwe [wo
mu ngabo za Iran] wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) babonywe barimo
gutegura kohereza ibisasu bya rokete mu Muhora wa Hormuz bakoresheje [bifashishije] intwaro zo
mu nyanja.”
Umutwe wa IRGC wavuze ko icyo gitero cyo ku
cyumweru cyishe abantu babiri kinakomeretsa abandi bantu babiri, ndetse
wasezeranyije “igisubizo [ukwihorera] n’igihano”. Nyuma wavuze ko wagabye
igitero ku hantu hakorerwa n’ingabo z’Amerika muri Jordan (Jordanie), nkuko
bitangazwa n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.
CENTCOM yavuze ko yakoze
“igikorwa gito, kidahusha” ku “ngabo zitega ibisasu bya mine biteje inkeke z’aka
kanya mu Muhora Hormuz”.
Mu kwihorera, Iran
yavuze ko yarashe ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo muri Jordan (Jordanie).
Ingabo za Jordan yavuze ko zasamye misile umunani mu gitondo cya kare cyo ku wa
mbere.
Mu yandi makuru, televiziyo ya leta ya Iran yavuze ko ingabo z’icyo
gihugu zarashe ku kibuga cy’indege cya gisirikare cyo muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu
(UAE) zikoresheje indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone).
Ariko ministeri y’ingabo
ya UAE yavuze ko amakuru yuko ikibuga cy’indege cya gisirikare cya Al-Minhad cyarashweho “nta shingiro afite”. Ariko UAE yemeje ko
yahanuye ‘drone’ imwe.
Iki gitero cy’Amerika
ni cyo cya mbere kizwi igabye kuri Iran kuva mu mpera ya Nyakanga (7) ubwo Perezida
w’Amerika Donald Trump yabaga ahagaritse ibitero bishya Amerika yari yongeye kugaba
kuri icyo gihugu.
Ikirwa cya Larak kiri
hakurya y’icyambu (ikivuko mu Kirundi) cy’ingenzi cya Bandar Abbas ndetse kiri
ku Muhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi cyane yo mu mazi inyuramo ibicuruzwa bijya
ahantu hanyuranye ku isi. 20% y’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze
itunganyije byajyaga binyura muri iyo nzira mbere yuko Amerika na Israel bitera
Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka.
Kuri ubu Iran isaba ko
amato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura kuri iki kirwa kugira ngo agenzurwe
ndetse amakuru avuga ko irimo guhatira amato kuriha miliyoni 2 z’amadolari y’Amerika
(miliyari 2 FRW) kugira ngo ahanyure.
Mbere, ibiro ntaramakuru
Tasnim, bifitanye isano n’umutwe wa IRGC, byari byatangaje ko icyo gitero ku
kirwa cya Larak cyagabwe hakoreshejwe za ‘drone’.