IKIBIRIRAHO, Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize

Iran ivuga ko icyo gitero ku kirwa cya Larak, cya mbere kizwi Amerika igabye kuva mu mpera ya Nyakanga (7), cyishe abantu babiri ndetse gikomeretsa abandi babiri.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Nepal: Umubare w'ababuriwe irengero nyuma y'umwuzure wageze ku 4,247, mu gihe abarenga 900 bapfuye

    Ukora ubutabazi arimo kunagana ku mugozi hejuru y'umuyoboro wo munsi y'ubutaka ashakisha abarokotse, nyuma y'umwuzure wabaye muri Nepal.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Ibikorwa byo gushakisha abarokotse uwo mwuzure birakomeje

    Umubare w’abantu baburiwe irengero muri Nepal nyuma y’umwuzure w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, wazamutse ugera ku bantu 4,247, mu gihe abantu nibura 903 bazwi ko bapfuye.

    Uwo mubare w’ababuriwe irengero wiyongereye cyane uvuye ku bantu 2,502 bari batangajwe ku cyumweru.

    Amazi menshi arimo gutemba iruhande rw'inyubako nyinshi, inyuma kure hari ibiti byinshi byo mu ishyamba hamwe n'ibicu byinshi.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Muri abo baburiwe irengero, 3,655 ni abaturage ba Nepal, mu gihe abanyamahanga 592 bataramenyekana aho baherereye.

    Muri Tibet – akarere gategekwa n’Ubushinwa – umubare w’abapfuye watangajwe n’abategetsi ni abantu 16, mu gihe abantu 546 batangajwe ko baburiwe irengero, nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo mu Bushinwa.

    Abantu babarirwa mu magana mu baburiwe irengero byemezwa ko bari abakozi bo ku ngomero z’amashanyarazi zo muri Nepal, bamwe muri bo bakaba barakoreraga mu miyoboro yo munsi y’ubutaka.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Abantu umunani bapfuye abandi 18 baburiwe irengero nyuma yuko ubwato burohamye ku nkombe ya Cyprus y'amajyaruguru

    Abantu bambaye amajaketi yo kubarinda kurohama bicaye hejuru y’ubwato bwarohamye, mu gihe abakora ubutabazi barimo kuzamura umwe bamutabara.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Abantu nibura umunai bapfuye naho abandi 18 baracyaburiwe irengero nyuma yuko ubwato butwara abagenzi burohamye hafi y’inkombe ya Cyprus (Chypre) y’amajyaruguru, nkuko umukuru w’ubutegetsi bwa Turukiya bwaho yabivuze.

    Ünal Üstel, Minisitiri w’intebe w’iyiyise repubulika ya Turukiya kuri Cyprus, yavuze ko ubwo bwato bwari butwaye abagenzi 259 ndetse burimo abantu umunani babukoramo, ubwo amazi yatangiraga kubwinjiramo ku cyumweru nyuma yuko buhagurutse mu mujyi wa Kyrenia uri ku nkombe.

    Üstel yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko umusare mukuru (kapiteni) w’ubwo bwato hamwe n’abandi barindwi babukoramo bafunzwe bijyanye n’iperereza ririmo gukorwa ku “kuntu ibyago byabaye”.

    Abategetsi bavuga ko benshi mu bari bari muri ubwo bwato batabawe. Igikorwa cyo gushakisha no gutabara cy’abategetsi bo muri Turukiya kirakomeje.

    Ubwato ubu bwarohamye, abategetsi bakaba barimo kugerageza kubona agasanduku k’umukara k’ubwo bwato – kabika amakuru y’ibibera mu bwato – kugira ngo bamenye uko byagenze.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Rwanda: Abanyeshuri barenga 7000 bakopeye ibizamini bya leta bagiye kubisubiramo

    Minisitiri w'uburezi mu Rwanda Joseph Nsengimana ubwo yatangizaga ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza, ku rwego rw'igihugu, aha ni i Kigali, ku itariki ya 7 Nyakanga (7) mu 2026. Yambaye ishati y'umweru y'amaboko maremare, arimo guhereza urupapuro rw'ikizamini umunyeshuri w'umukobwa uhagaze wambaye ijipo y'ubururu n'ishati y'umweru y'amaboko magufi, inyuma ye ku yindi ntebe hari undi munyeshuri w'umukobwa wambaye ijipo y'ubururu n'ishati y'umweru y'amaboko magufi, uhagaze, urindiriye guhabwa ikizamini na we. Minisitiri yambaye n'indorerwamo zijimye, arimo kumwenyura, inyuma ye hari ikibaho cy'umukara. Abanyeshuri bombi ntibaboneka mu maso neza, bateye umugongo 'camera'.

    Ahavuye isanamu, MINEDUC

    Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'uburezi mu Rwanda Joseph Nsengimana ubwo yatangizaga ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza ku itariki ya 7 Nyakanga (7) uyu mwaka

    Minisiteri y'uburezi mu Rwanda yatangaje ko iperereza yakoze ku bikorwa byo gukopera no gukopeza ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026 ryemeje ko habaye gukopera mu buryo bwa rusange mu byumba 254 byakorerwagamo ibizamini, byarimo abanyeshuri 7,188 bo mu hirya no hino mu gihugu, ubu bakaba bagiye kubisubiramo.

    Mu itangazo yasohoye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku cyumweru, yavuze ko "n'ubwo ubusanzwe uwakoze amakosa nk'aya ahanishwa gutesha agaciro ibizamini yakoze" atari ko bigiye kugenda kuri abo banyeshuri, kuko iperereza ryasanze "bimwe muri ibi bikorwa byo gukopera byateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n'abantu bakuru bari bahawe inshingano zo gukoresha no kugenzura itangwa ry'ibizamini".

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Amerika na Iran byarasanye ku nshuro ya mbere muri ibi byumweru byari bishize

    Amato menshi ari mu mazi yo mu Muhora wa Hormuz

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Amato ari mu Muhora wa Hormuz arimo kuboneka hafi y’umwaro wa Bandar Abbas, uri hafi y’ikirwa cya Larak

    Amerika na Iran byarasanye nyuma yuko ingabo z’Amerika zigabye igitero ku ntwaro ebyiri zifashishwa mu kohereza ibisasu bya rokete zari ziri ku kirwa cya Larak mu Muhora wa Hormuz.

    Igitangazamakuru CBS News gikorana na BBC muri Amerika cyasubiyemo amagambo y’umuvugizi wa bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika (CENTCOM), Komanda Tim Hawkins, agira ati:

    “Abasirikare bo mu mutwe [wo mu ngabo za Iran] wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) babonywe barimo gutegura kohereza ibisasu bya rokete mu Muhora wa Hormuz bakoresheje [bifashishije] intwaro zo mu nyanja.”

    Umutwe wa IRGC wavuze ko icyo gitero cyo ku cyumweru cyishe abantu babiri kinakomeretsa abandi bantu babiri, ndetse wasezeranyije “igisubizo [ukwihorera] n’igihano”. Nyuma wavuze ko wagabye igitero ku hantu hakorerwa n’ingabo z’Amerika muri Jordan (Jordanie), nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.

    CENTCOM yavuze ko yakoze “igikorwa gito, kidahusha” ku “ngabo zitega ibisasu bya mine biteje inkeke z’aka kanya mu Muhora Hormuz”.

    Mu kwihorera, Iran yavuze ko yarashe ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo muri Jordan (Jordanie). Ingabo za Jordan yavuze ko zasamye misile umunani mu gitondo cya kare cyo ku wa mbere.

    Mu yandi makuru, televiziyo ya leta ya Iran yavuze ko ingabo z’icyo gihugu zarashe ku kibuga cy’indege cya gisirikare cyo muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zikoresheje indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone).

    Ariko ministeri y’ingabo ya UAE yavuze ko amakuru yuko ikibuga cy’indege cya gisirikare cya Al-Minhad cyarashweho “nta shingiro afite”. Ariko UAE yemeje ko yahanuye ‘drone’ imwe.

    Iki gitero cy’Amerika ni cyo cya mbere kizwi igabye kuri Iran kuva mu mpera ya Nyakanga (7) ubwo Perezida w’Amerika Donald Trump yabaga ahagaritse ibitero bishya Amerika yari yongeye kugaba kuri icyo gihugu.

    Ikirwa cya Larak kiri hakurya y’icyambu (ikivuko mu Kirundi) cy’ingenzi cya Bandar Abbas ndetse kiri ku Muhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi cyane yo mu mazi inyuramo ibicuruzwa bijya ahantu hanyuranye ku isi. 20% y’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze itunganyije byajyaga binyura muri iyo nzira mbere yuko Amerika na Israel bitera Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka.

    Kuri ubu Iran isaba ko amato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura kuri iki kirwa kugira ngo agenzurwe ndetse amakuru avuga ko irimo guhatira amato kuriha miliyoni 2 z’amadolari y’Amerika (miliyari 2 FRW) kugira ngo ahanyure.

    Mbere, ibiro ntaramakuru Tasnim, bifitanye isano n’umutwe wa IRGC, byari byatangaje ko icyo gitero ku kirwa cya Larak cyagabwe hakoreshejwe za ‘drone’.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw’aka kanya.