Umukuru w'ikigo cya ONU cya nikleyeri yavuze ko abagenzuzi bazasura ibigo bya Iran muri gahunda y'amasezerano yo kurangiza intambara

Ahavuye isanamu, EPA
Umukuru w'ikigo mpuzamanga cy'ubugenzuzi bw'ingufu za nikleyeri avuga ko abagenzuzi bacyo bazasura ahari ibikorwa bya Irani hashingiwe ku masezerano y'ibanze y’amahoro icyo gihugu cyasinye na Amerika.
Rafael Grossi, umukuru w'ikigo International Atomic Energy Agency (IAEA), yabibwiye abanyamakuru mu Buyapani, agira ati: “Amagenzura azaba koko. Vuba aha cyane tuzatangira gutegura uburyo azakorwa, amatariki... n’ahazagenzurwa.”
Yongeyeho ko amasezerano yasinywe mu cyumweru gishize agaragaza "mu buryo bweruye" ko kugabanya ubukana bwa uranium ya Iran itunganyije cyane bizagenzurwa n'ikigo IAEA.
Icyakora, visi ninisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani yavuze ko kwinjira mu bikorwa-remezo bya nikleyeri byangiritse no kugenzura ibikoresho bya nikleyeri bizaganirwaho gusa mu rwego rw’amasezerano ya nyuma Irani izagirana na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.

Ahavuye isanamu, Reuters
Grossi yabivuze mu gihe Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio, yahuraga na Perezida wa Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Mohamed bin Zayed Al Nahyan, mbere yo gukomereza ingendo ze muri Koweti (Kuwait) na Bahrain kugira ngo baganire kuri ayo masezerano.
Avugira mu mujyi wa Koweti (Kuwait City), Rubio yavuze ko Amerika itazemera amasezerano ayo ari yo yose na Iran ashobora guhungabanya umutekano w'inshuti z'Amerika zo muri ako karere.
Izindi nkuru wasoma:




