IKIBIRIRAHO, DR Congo yashyizeho akato k'iminsi 21 nyuma yuko umuganga wakoreye muri Ituri asanzwemo Ebola mu Bufaransa

Abategetsi bavuze ko uwo muganga yakoreraga mu kigo kivurirwamo Ebola cy'i Rwampara mu ntara ya Ituri.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Umukuru w'ikigo cya ONU cy'ingufu za nikleyeri yavuze ko abagenzuzi bazasura ibigo bya Iran muri gahunda y'amasezerano yo kurangiza intambara

    Rafael Grossi ari kuvuga yambaye ikote ry'ubururu bwijimye n'ishati y'umweru mo imbere na karuvati

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Rafael Grossi yavuze ko ikigo IAEA kirimo gutegura uburyo igenzura rizakorwa, amatariki n'ahazagenzurwa

    Umukuru w'ikigo mpuzamanga cy'ubugenzuzi bw'ingufu za nikleyeri avuga ko abagenzuzi bacyo bazasura ahari ibikorwa bya Irani hashingiwe ku masezerano y'ibanze y’amahoro icyo gihugu cyasinye na Amerika.

    Rafael Grossi, umukuru w'ikigo International Atomic Energy Agency (IAEA), yabibwiye abanyamakuru mu Buyapani, agira ati: “Amagenzura azaba koko. Vuba aha cyane tuzatangira gutegura uburyo azakorwa, amatariki... n’ahazagenzurwa.”

    Yongeyeho ko amasezerano yasinywe mu cyumweru gishize agaragaza "mu buryo bweruye" ko kugabanya ubukana bwa uranium ya Iran itunganyije cyane bizagenzurwa n'ikigo IAEA.

    Icyakora, visi ninisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani yavuze ko kwinjira mu bikorwa-remezo bya nikleyeri byangiritse no kugenzura ibikoresho bya nikleyeri bizaganirwaho gusa mu rwego rw’amasezerano ya nyuma Irani izagirana na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.

    Marco Rubio ari kuvugira imbere y'abanyamakuru benshi yambaye ikote ry'umukara n'ishati y'umweru mo imbere na karuuvati

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Rubio arimo gushaka kwizeza inshuti z'Amerika ko amasezerano ayo ari yo yose hagati y'Amerika na Iran atazahungabanya umutekano wazo

    Grossi yabivuze mu gihe Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio, yahuraga na Perezida wa Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Mohamed bin Zayed Al Nahyan, mbere yo gukomereza ingendo ze muri Koweti (Kuwait) na Bahrain kugira ngo baganire kuri ayo masezerano.

    Avugira mu mujyi wa Koweti (Kuwait City), Rubio yavuze ko Amerika itazemera amasezerano ayo ari yo yose na Iran ashobora guhungabanya umutekano w'inshuti z'Amerika zo muri ako karere.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Elon Musk yatakaje umwanya w'umuherwe utunze tiliyari y'amadolari

    Elon Musk arimo kuvuga areba muri 'camera', ari mu iserukiramuco ry'i Cannes mu Bufaransa, mu mwaka wa 2024. Yambaye ikoti ry'umukara, imbere harimo umupira.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Rwiyemezamirimo mu ikoranabuhanga, Elon Musk, ku wa kabiri yatakaje umwanya we nk’umuntu utunze tiliyari y’amadolari y’Amerika, mu gihe hari hashize ibyumweru bitageze kuri bibiri awugezeho, nkuko imibare itangazwa n’ikinyamakuru Bloomberg ibigaragaza.

    Urutonde rwa Bloomberg rw’abaherwe batunze miliyari z’amadolari y’Amerika – ruvugururwa buri munsi saa kumi n’imwe n’iminota 30 (17:30) ku isaha y’i New York – rwagaragaje ku wa kabiri ko umutungo we wari miliyari 957 z’amadolari, uvuye kuri tiliyari 1.11 y’amadolari wari uriho mu minsi itageze kuri 14 ishize.

    Tiliyari imwe ingana na miliyari 1000.

    Uko kugabanuka kwatewe n’igabanuka rikomeye ry’imigabane ya kompanyi SpaceX na kompanyi Tesla, mu gihe muri rusange agaciro ko ku isoko ry’imari n’imigabane kagabanutse mu rwego rw’ikoranabuhanga, byenyegejwe n’ugushidikanya kurimo kwiyongera ku nyungu y’igihe kirekire y’ubwenge buhangano (AI).

    Nubwo habayeho iryo gabanuka, Musk aracyari umuherwe wa mbere ku isi, ndetse umutungo we uracyaruta cyane uw’abamugwa mu ntege.

    Musk yari yabaye umuntu wa mbere ku isi utunze tiliyari y'amadolari ku itariki ya 12 y’uku kwezi kwa Kamena (6), ubwo imigabane ye muri kompanyi ye SpaceX y'ibyogajuru yiyongeraga cyane mu itangira rya mbere rinini cyane ryari ribayeho kugeza ubu ryo ku isoko ry'imari n'imigabane.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Imitingito ikomeye ikurikiranye yibasiye Venezuela yica abarenga 30

    Ifoto igaragaza inzu yasenyutse

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Inyubako nyinshi zasenyutse i Caracas, igihe iyo mitingito yabaga

    Perezida w’agateganyo wa Venezuela Delcy Rodríguez, yatangaje ibihe bidasanzwe by’ubutabazi nyuma yuko imitingito ibiri ibaye mu masegonda macye ikurikiranye, aho uwa mbere warufite ubukana bwa 7.2, uwukurikiye ukagira 7.5 ku gipimo cya Richter.

    Amatsinda y’ubatabazi arimo gushakisha abarokotse mu bisigazwa by’inyubako z'amagorofa zasenyutse, mu gihe ikibuga cy’indege mpuzamahanga kinini cya Venezuela cyafunzwe kubera kwangirika gukomeye kwatewe n’iyo mitingito.

    Rodríguez yihanganishije imiryango yabuze ababo. Yavuze ko abantu nibura 32 bishwe n'iyo mitingito naho abagera kuri 700 barakomereka.

    Mbere, ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe gupima imitingito (US Geological Survey) cyari cyaburiye ko hashobora kuba hari abantu benshi bahasize ubuzima n’ibyangiritse bikaba ari byinshi cyane, kikavuga ko ari “ibyago bishobora kuba byakwiriye igihugu cyose”.

    Ifoto igaragaza ababyeyi bicaye ku intebe bari kumwe n'abana hanze, hari n'undi uryamye ku buriri buri hasi

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Iyo mitingito yabaye mu gihe abaturage benshi bari bari mu ngo zabo

    Iyi mitingito yabaye mu gihe Venezuela yari kwizihiza umunsi w'ikiruhuko ku rwego rw’igihugu, abantu benshi bari mu ngo zabo.

    Iyi mitingito yabaye saa kumi n’ebyiri n’iminota ine z’umugoroba (18:04) ku isaha yaho.

    Iyo mitingito yabereye mu gace kari mu burengerazuba bw'umurwa mukuru Caracas, kandi yumvikanye mu gihugu hose ndetse n'i Bogotá mu murwa mukuru wa Colombia.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. DR Congo yashyizeho akato k'iminsi 21 nyuma yuko umuganga wakoreye muri Ituri asanzwemo Ebola mu Bufaransa

    Umuganga utaboneka mu maso wambaye itabuliya y'ubururu n'igitambaro cyera

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yashyizeho akato k’iminsi 21 ku bagenzi bajya ahandi mu gihugu no mu mahanga bavuye mu turere twibasiwe na Ebola, nyuma yuko abategetsi bo mu Bufaransa bemeje ko umuganga wavuye muri DRC yanduye iyo virusi.

    Abategetsi bavuze ko uwo muganga, wakoreraga umuryango w’ubutabazi witwa ALIMA, yakoreraga mu kigo kivurirwamo Ebola cy’i Rwampara mu ntara ya Ituri, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’icyo gihugu, kugeza ku itariki ya 19 y’uku kwezi kwa Kamena.

    Yabanje kunyura mu murwa mukuru Kinshasa, abona gufata indege igana mu Bufaransa ku wa kabiri w’iki cyumweru.

    Ubwo yari ageze mu Bufaransa, ku bushake bwe yijyanye kwa muganga, aho ibizamini byo muri laboratwari byemeje ko yanduye Ebola y’ubwoko bwa Bundibugyo, ari na bwo buri muri iki kiza cyongeye kwaduka muri DRC no – ku rugero ruto – muri Uganda.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima hamwe n’ikigo cy’Amerika cyo kurwanya no gukumira indwara bivuga ko Ebola yandura gusa iyo ibimenyetso byayo bitangiye kugaragara, kandi ko kwandura bibaho binyuze mu guhura kutaziguye kw’amatembabuzi yo mu mubiri.

    Uwo muganga nta bimenyetso bya Ebola yagaragazaga ubwo yari akiri muri DRC ariko yafatwaga ko ari mu byago kubera ko yakoreraga akazi aharangwa Ebola.

    Kinshasa yasabye Paris kuyiha ku makuru y’abagize aho bahurira n’uwo muganga ndetse isezeranya ko izabikurikiranira hafi cyane bijyanye n’amabwiriza mpuzamahanga y’ubuzima.

    Abategetsi bavuze ko kuburira bihita bituma habaho iperereza ryuzuye ku ndwara mu baturage, abagize aho bahurira n’uwanduye bakagenzurwa mu gihe cy’iminsi 21.

    Uburyo bwo gukurikiranira hafi ibijyanye n’ubwandu buracyariho ku bibuga by’indege by’i Bunia, umurwa mukuru w’intara ya Ituri, n’i Kinshasa. Ubwo buryo burimo gutahura abanduye, gushyira mu kato no kwemeza ubwandu muri laboratwari.

    Imibare mishya igaragaza ko abantu 1,118 bemejwe ko banduye Ebola, 291 irabica naho 122 barakira mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo. Ikigero cyo kwica cya Ebola kiri kuri 26%, naho gutahura abagize aho bahurira n’abanduye biri ku kigero cya 77%.

    Rwampara yonyine yagaragayemo abantu barenga 200 banduye Ebola n’abantu 100 bishwe na yo, bituma ako karere k’ubuvuzi kaba kamwe mu twibasiwe cyane na Ebola.

    Abategetsi bavuze ko ingamba y’akato yongerera imbaraga uburyo busanzweho bw’igenzura kandi ko ishimangira ko DRC yiyemeje gukorera mu mucyo, kutajenjeka mu bya siyanse, n’ubufatanye mpuzamahanga mu guhangana n’iki kiza cyongeye kwaduka muri iki gihugu ku nshuro ya 17.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.