Umu 'influencer' unenga Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi muri Tanzania
Umugore wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga (influencer) unenga ubutegetsi bw'icyo gihugu yatawe muri yombi muri Tanzania.
Itangazo rya minisiteri y’ubutabera ya RDC rivuga ko Denise 'Mukendi' Dusauchoy yatawe muri yombi ku cyumweru muri Tanzania n’inzego zibifitiye ububasha z’icyo gihugu hashingiwe ku rwandiko rwo kumuta muri yombi rwatanzwe n’abategetsi bo mu bucamanza bo muri RDC.
Minisiteri y’ubutabera ya RDC ivuga ko itabwa muri yombi rye rikurikiye ibikorwa byo mu rwego rw’ubucamanza rw’icyo gihugu muri gahunda ya dosiye mpanabyaha zikirimo gukorwaho iperereza.
Itangazo rya minisiteri y’ubutabera ryibutsa ko itabwa muri yombi rye ari iryo mu rwego rw’imikorere kandi ko ridasobanuye ko icyaha kizamuhama ndetse ko agifatwa nk’umwere kugeza ubwo urukiko ruzatangaza icyemezo cya nyuma. Ntirisobanura ibyaha ashinjwa cyangwa niba yamaze koherezwa muri RDC.
Ariko ibiro ntaramakuru ACP bya leta ya RDC byatangaje ko Denise Dusauchoy uzwi cyane ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok ari “umucengezamatwara” ushyigikiye umutwe w’inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bw'icyo gihugu.
Urubuga rw’amakuru Actualite.cd ruvuga ko yanengaga cyane abategetsi ba RDC, barangajwe imbere na Perezida Félix Tshisekedi ndetse akanenga bikomeye umugore we Denise Nyakeru Tshisekedi, harimo n'"ibitutsi" no ku bandi bategetsi, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, nkuko urubuga Actualite.cd rubivuga.
Nta cyo Denise Dusauchoy yari yatangaza ku mugaragaro.
Itangazo rya minisiteri y’ubutabera ya RDC rishimira abategetsi bo muri Tanzania ku bufatanye bwabo mu ifatwa rye ndetse rigashimangira ubufatanye bw’ubucamanza hagati ya RDC n’abafatanyabikorwa bayo “mu kurwanya umuco wo kudahana no ku bw’imikorere myiza y’ubutabera”.
Minisiteri y'ubutabera ivuga ko mu Kwakira (10) no mu Gushyingo (11) mu 2025, umushinjacyaha mukuru wo mu rukiko rusesa imanza yari yagejeje dosiye ku bakuriye ubucamanza mu Bubiligi – igihugu bivugwa ko afitiye ubwenegihugu – kuri dosiye zatangijwe mu rukiko rwisumbuye rw’i Gombe mu murwa mukuru Kinshasa zishinja ibyaha Denise Dusauchoy n’abandi bantu.
Icyo gihe yari yanashyiriweho inyandiko mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.
Izindi nkuru wasoma: