Abasare batatu b'Abahinde biciwe mu gitero cy'Amerika ku bwato bw'ibikomoka kuri peteroli

Ahavuye isanamu, CENTCOM
Minisitiri wo mu Buhinde yavuze ko abasare batatu b’Abahinde bari batangajwe ko baburiwe irengero bishwe nyuma yuko ingabo z’Amerika zirashe ubwato mu Kigobe cya Oman.
Ubwo bwato bwitwa MT Settebello, bufite ibendera rya Palau, bwagabweho igitero ku wa gatatu nyuma yuko ingabo z’Amerika zibushinje kudakurikiza “amabwiriza y’ingabo z’Amerika”. Muri ubwo bwato hari harimo abasare 24 b’abagabo, 21 muri bo bakaba batabawe.
Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Minisitiri w’ubwikorezi w’Ubuhinde, Sarbananda Sonowal, yavuze ko ibyabaye “birababaje cyane”, yongeraho ko imirambo y’abo bagabo batatu izasubizwa mu gihugu vuba.
Nyuma y’icyo gitero, leta y’Ubuhinde yahamagaje uwungirije ambasaderi w’Amerika i Delhi.
Ingabo z’Amerika zari zashinje ubwo bwato bwa Settebello kurenga ku izitira ryashyizweho n’Amerika bukabikora “bugerageza gutwara ibikomoka kuri peteroli bubikura muri Iran”.
Mu butumwa byatangajeku rubuga rwa X, bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika (CENTCOM) byavuze ko indege y’intambara yarashe “ibisasu bidahusha” mu cyumba cya moteri y’ubwato butwara ibikomoka kuri peteroli “nyuma yuko ababutwaye bakomeje kunanirwa” gukurikiza amabwiriza.
Ubu ni ubwato bwa kabiri burimo abasare b’Abahinde bugabweho igitero n’Amerika muri iki cyumweru.
Ku wa mbere, ingabo z’Amerika zarashe ubwato bwitwa The Marivex, na bwo bwari buriho ibendera rya Palau kandi butwara ibikomoka kuri peteroli ndetse bwari burimo abasare b’Abahinde, ubwo bwari bugeze mu Kigobe cya Oman, nyuma yuko bunaniwe gukurikiza amabwiriza y’Amerika, nkuko CENTCOM yabivuze.
Abategetsi bo mu Buhinde bavuze ko abasare bose 24 bari baburimo batabawe n’ingabo za Oman.
Izindi nkuru wasoma:




