RD Congo: Abantu barenga 1000 bamaze kwicwa na Ebola
Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RD Congo) yemeje ko abantu bamaze kwicwa n’iki kiza cya Ebola cyo ku nshuro ya 17 ubu bamaze kurenga 1,000.
Imibare mishya yuko iki kiza gihagaze yatangajwe uyu munsi, ariko igaragaza amakuru ajyanye n’iki kiza yo kugeza ku wa kabiri, igaragaza ko abantu 63 bashya ari bo banduye Ebola mu masaha 24 yari yabanje, bituma umubare wose w’abamaze kwandura ugera ku bantu 2,536 mu ntara eshanu.
Hatangajwe abandi bantu 34 bapfuye, bituma umubare wose w’abapfuye ugera ku bantu 1,033. Mu ntara ya Ituri ni ho hakiganje Ebola.
Umujyi wa Bunia n'uwa Rwampara yonyine yihariye abarenga kimwe cya kabiri cy’abanduye.
Intara ya Kivu ya Ruguru yabonetsemo abantu 12 bashya banduye n’abapfuye batandatu, mu gihe mu ntara ya Haut‑Uélé hatangajwe abantu batanu banduye n’abandi babiri bapfuye.
Intara ya Kivu y’Epfo n’intara ya Tshopo nta bantu bashya babonetsemo banduye.
Abategetsi bavuga ko abarwayi 738 ubu barimo kwitabwaho mu kato, barimo 556 bo muri Ituri na 182 bo muri Kivu ya Ruguru. Hagati aho abarwayi 24 barakize ku wa kabiri, bituma umubare wose w’abamaze gukira uba abantu 506.
Nubwo hari ibyo byagezweho mu guhangana n’iki kiza, gutahura abagize aho bahurira n’abanduye biracyari ku kigero kidahagije, ubu bikaba biri ku kigero cya 77%.
Iki kiza, cyatangajwe muri Gicurasi (5) uyu mwaka, gikomeje gukwirakwira mu rujya n’uruza rw’abantu no kubera ikibazo cy’umutekano mucye, n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo bwa gakondo ndetse n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Abategetsi baburiye ko kongera ibikorwa byo kugenzura abagize aho bahurira n’abarwayi, kongera ibikorwa by’ubukangurambaga mu baturage no gukomeza kwita ku barwayi, bicyenewe mu buryo bwihutirwa kugira ngo ubwandu bushobore guhagarikwa no kugira ngo habeho kugabanya umubare ukomeje kwiyongera w’abapfuye.
Izindi nkuru wasoma: