Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Iran yateye ibigo by'Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y'amakuru ko igitero cy'Amerika cyishe batanu mu bukwe

Umuryango wa Croissant-Rouge wo muri Iran wavuze ko umwana ari mu bishwe ubwo ibisigazwa by'ibyuma byo mu gitero cy'Amerika byituraga ku rugo. Ingabo z'Amerika zivuga ko zizi ayo amakuru ariko ko zitajya na rimwe zirasa ku basivile.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Umuyobozi w'agateganyo wa kompanyi y'indege ya Kenya yeguye

    Umuyobozi w’agateganyo wa kompanyi y’indege ya Kenya (Kenya Airways) akaba n’umuboyozi nshingwabikorwa wayo, George Kamal, yeguye, nyuma y’igihe kitageze ku mezi icyenda atangiye ako kazi.

    Kenya Airways yatangaje ko Habil Waswani, wari umunyamabanga wayo n’umuyobozi ushinzwe serivisi zo mu rwego rw’amategeko, ari we umusimbuye mu gihe cy’inzibacyuho.

    Itangazo rya Kenya Airways ryo ku wa kabiri rivuga ko Kamal yeguye "ku mpamvu ze bwite".

    Kamal azakomeza gukora muri kompanyi ya Kenya Airways mu gihe cy’inzibacyuho, nyuma ave muri iyo kompanyi mu mpera y’uku kwezi.

    Yeguye nyuma yuko abakozi bo mu rwego rwo gutwara abagenzi mu ndege bo muri Kenya bahagaritse imyigaragambyo yari yahungabanyije ingendo zinyura ku kibuga mpuzamahanga cy’indege gikuru cyo muri Kenya cya Jomo Kenyatta, kiri i Nairobi, no ku bindi bibuga by’indege.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Zelensky avuga ko indege zikwiye kwirinda guca mu kirere cy'Uburusiya mu gihe Ukraine yakajije umurego mu bitero bya 'drone'

    Perezida wa Ukraine yabwiye kompanyi z'indege ko ikirere cy'Uburusiya kigiye "gufunga neza" mu gihe igihugu cye cyakajije umurego mu bitero by'indege nto z'intambara zitajyamo umupilote (drone).

    Perezida Volodymyr Zelensky yagize ati: "Turashaka kuburira buri kompanyi y'indege ikoresha ikirere cy'Uburusiya, buri kompanyi y'ubwishingizi, buri muntu ugikoresha ibibuga by'indege by'ingenzi by'Uburusiya: ikirere cy'Uburusiya kirimo guhinduka akaga mu buryo bwuzuye."

    Nyinshi muri kompanyi z'indege zitwara abagenzi zo mu burengerazuba bw'isi (Uburayi n'Amerika) ntizigikorera ingendo hejuru y'Uburusiya, nk'ingaruka yavuye ku gitero cy'Uburusiya kuri Ukraine gikomeje, ariko kompanyi z'indege zo mu bihugu nk'Ubushinwa ziracyahanyura.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Iran yateye ibigo by'Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y'amakuru ko igitero cy'Amerika cyishe batanu mu bukwe

    Iran yagabye ibitero bya misile n’iby’indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone) ku hantu hari ibikorwa by’Amerika muri Jordan, Kuwait, Iraq na Bahrain, nyuma yuko ku wa kabiri ingabo z’Amerika zisubukuye ibitero kuri Iran.

    Umuryango utabara imbabare wa Croissant-Rouge, ishami ryawo ryo muri Iran, wavuze ko igitero cya misile cy’Amerika cyishe abantu batanu, barimo umwana, ubwo ibisigazwa by’ibyuma bivuye kuri misile byituraga ku rugo rwari ruri kuberamo ibirori by’ubukwe i Sirik mu majyepfo ya Iran.

    Wongeyeho ko abantu barenga 50 bakomeretse.

    Ingabo z'Amerika zavuze ko zizi ayo makuru ariko ko zitajya na rimwe zirasa ku basivile.

    Bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika (CENTCOM) byavuze ko ibyo bitero kuri Iran bikurikiye “ibitero biherutse kugeragezwa” n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran (IRGC) ku mato y’ubucuruzi mu Muhora wa Hormuz.

    Umutwe wa IRGC wavuze ko Amerika “izicuza” ibyo bitero. Kugeza mu gitondo cyo ku wa gatatu, uwo mutwe wari wamaze kohereza urukurikirane rwa misile zo mu bwoko bwa ‘ballistic’ ku kigo cy’abasirikare b’aba ‘Marine’ (barwanira mu mazi no ku butaka) cy’i Aqaba muri Jordan, mu kwihorera kuri icyo gitero cy’Amerika cy’i Sirik, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Tasnim byo muri Iran bigenzurwa na leta mu buryo bw’igice.

    Ingabo za Jordan zavuze ko zasamye misile ‘ballistic’ 13, 10 muri zo zikaba zashenywe, mu gihe eshatu zaguye mu duce twitaruye. Nta bantu bishwe cyangwa bakomerekejwe n'icyo gitero cya Iran.

    Mu yandi makuru, ingabo za Kuwait (Koweït) zavuze ko ubwirinzi bwazo bw’ikirere bwari burimo gusubiza ku bitero bya misile bya Iran mu gitondo cyo ku wa gatatu.

    Ibiturika byinshi byanatangajwe muri Bahrain nyuma y’ibitero bya Iran, nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.

    Ubwo ibitero by’Amerika byatangazwaga ku wa kabiri nyuma ya saa sita z’amanywa, Perezida w’Amerika Donald Trump yaburiye ko Iran izakubitwa nanone "cyane kandi ku kigero cyo hejuru cyane" niramuka yihoreye.

    Nyuma y'igihe kigera hafi ku kwezi nta bitero igaba kuri Iran, Amerika yasubukuye ibitero kuri Iran mbere yaho muri iki cyumweru, ubwo ingabo z'Amerika zarasaga ku ntwaro ebyiri zohereza rokete zakoreshwaga mu gutega ibisasu bya mine mu Muhora wa Hormuz.

    Icyo gihe, Iran yihoreye irasa misile ku bibuga by’indege bya gisirikare by’Amerika muri Jordan ndetse yohereza 'drone' kuri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu.

    Amerika na Israel byagabye ibitero byinshi kuri Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka. Iran yasubije igaba ibitero kuri Israel, ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo mu Kigobe cy’Abarabu, ndetse urebye yafunze Umuhora wa Hormuz ibuza amato kuhanyura.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.