Jill Biden avuga ko yatekereje ko umugabo we yari yaturitse udutsi tw'ubwonko mu kiganiro mpaka cyo mu 2024

Ahavuye isanamu, Getty Images
Jill Biden, umugore w’uwahoze ari Perezida w’Amerika Joe Biden, avuga ko yatekereje ko umugabo we yari arimo kugira ikibazo cy’iturika ry’udutsi two mu bwonko (stroke) ubwo yari mu kiganiro mpaka nk’umukandida perezida, yagaragajemo gushidikanya n’intege nkeya, cyo mu mwaka wa 2024.
Jill Biden yabwiye igitangazamakuru CBS News, gikorana na BBC muri Amerika, ati: “Nagize ubwoba, kuko sinari narigeze na rimwe mbona Joe ameze kuriya mbere yaho cyangwa kuva kiriya gihe.”
Yagize ati: “Sinzi uko byagenze.”
“Ubwo nari ndimo kukireba, naribwiye nti, ‘Mana yanjye, arimo guturika udutsi two mu bwonko’. Kandi byanteye ubwoba byo gupfa.”
Perezida Biden yocyejwe igitutu cyinshi na bagenzi be bo mu ishyaka ry’abademokarate kugira ngo ave mu byo kwiyamamaza nk’umukandida ubahagarariye, nyuma y’icyo kiganiro mpaka yitwayemo nabi, aho yari ahanganye na Donald Trump, icyo gihe wari umukandida w’abo mu ishyaka ry’abarepubulikani.
Amaherezo Biden yavuye mu byo kwiyamamaza, nuko aharira umwanya we Kamala Harris, icyo gihe wari Visi Perezida.
Icyo kiganiro Jill Biden yagiranye n’umunyamakuru Rita Braver utangaza ikiganiro cyitwa CBS News Sunday Morning, kizatangazwa ku cyumweru.
Jill Biden yabaye iruhande rw’umugabo we mu gihe cyose cy’akazi ke ka politike yamazemo imyaka ibarirwa muri za mirongo, kuva igihe yari senateri uhagarariye leta ya Delaware kugeza abaye perezida.
Uyu mugore yafatwaga ko yari umwe mu bajyanama bakomeye cyane b’umugabo we mu gihe yari perezida, ndetse ko yabaye n'umwe mu bagezeho bakamugirana inama yo kuva mu byo kwiyamamaza mu 2024.
Izindi nkuru wasoma:


