Sudani y’Epfo: Abasirikare babiri ba UN biciwe mu mutego w'abitwaje intwaro
Ku wa mbere, abasirikare babiri bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa ONU baturuka muri Ethiopia barishwe, abandi barindwi barakomereka nyuma yo kugwa mu mutego w'abantu bitwaje imbunda muri Leta ya Jonglei, muri Sudani y’Epfo nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.
ONU yatangaje ko ibi bitumye umubare w’abasirikare bayo bamaze kwicwa bari mu kazi ku isi hose muri uyu mwaka ugera ku icyenda.
Mu bakomeretse harimo abasirikare batatu ba ONU bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, abapolisi babiri ba Sudani y’Epfo ndetse n’abakozi babiri bakorera ONU b’abasivili, nk’uko umuvugizi wayo, Stephane Dujarric, yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru.
Yavuze ko icyo gitero cyagabwe n’abantu bitwaje imbunda bataramenyekana, kandi ko bigaragara ko abo basirikare ba ONU bari bagambiriwe nkana.
Dujarric yagize ati: “abo basirikare bari mu irondo risanzwe ONU ikora, mu rwego rwo gufasha guhangana n’ibibazo by’umutekano muke bihoraho muri ako gace.”
Dujarric yavuze ko, ONU yasabye abategetsi bireba gukora iperereza ryimbitse kandi ryihuse, kugira ngo abafite uruhare bose muri icyo gitero bagezwe imbere y’ubutabera.
Yashimangiye ko “ibitero bigabwa ku basirikare ba ONU bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.”
Yongeyeho ko uru rupfu rwatumye “umubare w’abasirikare ba ONU bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bamaze kwicwa n’ibitero byagambiriwe kuva ku itariki ya 1 Mutarama (1) uyu mwaka ugera ku icyenda ku rwego rw’isi.”
Nubwo ibitero nk’ibi bitajya bibaho kenshi muri Sudani y’Epfo, si ubwa mbere bibaye. Abasirikare ba ONU bakorera cyane cyane mu duce turimo umutekano muke, imirwano hagati y’amatsinda atandukanye y’abaturage, ibikorwa byo gukusanya imitwe yitwaje intwaro y’urubyiruko, ndetse n’imirwano ihuza ingabo za Leta ubwazo.
Izindi nkuru wasoma: