Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Abantu bane batawe muri yombi bakekwaho guha uburozi inzovu muri Kenya

Iperereza ririmo kureba niba izo mpfu zaratewe n’imiti yica udukoko yatewe ku inyanya.

Incamake

Kenya: Abantu bane batawe muri yombi bakekwaho guha uburozi inzovu

Amakuru y'ikibiriraho

Gildas Yihundimpundu na Latifa Mutesi

  1. Kenya: Abantu bane batawe muri yombi bakekwaho guha uburozi inzovu

    Muri Kenya, abantu bane batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza ku rupfu rw’inzovu nyinshi rwateje urujijo mu mezi abiri ashize, nk’uko abategetsi babitangaje.

    Ikigo cya Kenya Wildlife Service (KWS) cyabwiye BBC ko abantu batatu b’abanya-Kenya n’umwe w’umunya-Tanzania batawe muri yombi, bakekwaho guha uburozi inzovu 18 mu cyanya cy'inyamaswa cya Amboseli National Park.

    Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane niba izi nzovu zarishwe n’uburozi bwa ‘cyanide’ nyuma yo kurya inyanya zari zateweho imiti yica udukoko itemewe n’amategeko.

    Ibizamini bya mbere byo muri laboratwari byagaragaje ko mu bisigazwa by’inyanya byabonetse mu nda z’izo nzovu harimo ibimenyetso bya siyanide.

    Inzovu zose zapfuye, ahanini zari inzovu z’ingore zikuze n’ibyana byazo, aho zari zagaragaje ibimenyetso byo kudashobora kugenda cyangwa kwinyeganyeza neza, ibyo abategetsi bavuga ko na byo bishobora kuba ikindi kimenyetso cy’uburozi bwa cyanide.

    Mu gace ka Kimana, gaherereye mu majyepfo ya Kenya, niho harimo imirima y’inyanya. Ako gace kari mu nzira inyamaswa zinyuramo zijya cyangwa ziva hagati y’icyanya cy'inyamaswa cya Amboseli National Park na Tsavo National Park.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo mu buryo bw'aka kanya.