Rwanda: Tom Byabagamba wahoze akuriye abarinda Perezida yapfiriye muri gereza – umuryango we

Tom Byabagamba yambaye imyenda ya gisirikare akikijwe n'abandi bantu ari mu rukiko. Arareba muri 'camera'. Ifoto mbarankuru yo mu bubiko, yafotorewe mu rukiko rwa gisirikare i Kigali, mu Rwanda, ku itariki ya 29 Kanama (8) mu mwaka wa 2014.

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

Insiguro y'isanamu, Mu 2016 urukiko rukuru rwa gisirikare rwakatiye Tom Byabagamba gufungwa imyaka 21 no kwamburwa ipeti rya Koloneli, yaje kugabanywa mu bujurire iba 15
    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Tom Byabagamba wahoze akuriye umutwe w'abasirikare barinda Perezida w'u Rwanda Paul Kagame yapfiriye muri gereza ya gisirikare muri icyo gihugu ku myaka 59, nkuko byemejwe na mukuru we Dr David Himbara hamwe na mwishywa we.

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Himbara yagize ati: "Turi n'akababaro kenshi ko gutangaza urupfu rw'umuvandimwe wacu dukunda cyane, Colonel Tom Byabagamba, wapfiriye muri gereza mu Rwanda.

"Roho ye iruhukire mu mahoro."

Yongeyeho ati: "Tom yahariye imyaka myinshi y'ubuzima bwe gukorera igihugu cye nk'umusirikare mukuru mu ngabo z'u Rwanda. Azakumburwa cyane n'umuryango we, inshuti ze, n'abamumenye bose."

Himbara yabwiye BBC Gahuzamiryango mu butumwa bwo kuri telefone ko umuryango utazi icyishe murumuna we kuko "Nta muntu n'umwe wari wemerewe kumubona muri iyi myaka yose." BBC Gahuzamiryango yagerageje kuvugana n'urwego rw'amagereza mu Rwanda.

Byabagamba yari umwe mu basirikare bo ku rwego rwo hejuru batangiranye na Perezida Kagame urugamba rwiswe urwo kubohora u Rwanda rwatangiye mu Kwakira (10) mu 1990, rukarangira RPF-Inkotanyi ifashe ubutegetsi mu 1994.

Mu mwaka wa 2016, urukiko rukuru rwa gisirikare rwakatiye Byabagamba, wahoze afite ipeti rya Koloneli, gufungwa imyaka 21 ndetse akamburwa iryo peti, icyo gifungo cyaje kugabanywa kigera ku myaka 15 nyuma y'ubujurire.

Yari yakatiwe icyo gifungo nyuma yuko urukiko rwa gisirikare rumuhamije kubiba ibihuha bigamije gutera imvururu muri rubanda, kuvuga nabi ubutegetsi kandi ari umuyobozi no gusuzugura ibendera ry'igihugu.

Mu bihe byose yamaze mu nkiko, Byabagamba yakomeje guhakana ibyaha byose yaregwaga akavuga ko ari ibihimbano.

Mu mwaka wa 2020, urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro mu mujyi wa Kigali rwanamukatiye igifungo cy'imyaka itatu nyuma yo kumuhamya icyaha cy'ubujura rwavuze ko yakoze ubwo yari muri gereza.

Mu rukiko, Byabagamba icyo gihe yumvikanye avuga ko icyo kirego ari agahomamunwa kuko umuntu wo mu rwego rwe atakwiba akantu k'ubusabusa nka telefone.

Urupfu rwa Byabagamba rukurikiye urwa Frank Rusagara, wasezerewe mu gisirikare afite ipeti rya Brigadiye Jenerali, na we wapfiriye muri gereza muri Werurwe (3) mu 2025. Icyo gihe ibitangazamakuru byo mu Rwanda byatangaje ko yazize uburwayi.

Mu 2016, urukiko rwa gisirikare rwari rwakatiye Frank Rusagara – wari uri mu rubanza rumwe na Byabagamba – gufungwa imyaka 20 rumuhamije ibyaha birimo kubiba ibihuha bigamije gutera intugunda mu gihugu no gusebya ubutegetsi. Mu rukiko yari yarahakanye ibyo yaregwaga.

Tom Byabagamba na muramu we Frank Rusagara bari batawe muri yombi mu mwaka wa 2014.

Byabagamba asize umugore n'abana babiri b'abahungu.