Papa Wemba: 'Mbega uko igihe cyihuta!' - Imyaka 10 iruzuye 'umwami wa Rumba' apfuye

Umuhanzi Papa Wemba arimo kuririmba mu gitaramo i Paris mu Bufaransa mu 2006

Ahavuye isanamu, AFP

Insiguro y'isanamu, Umuhanzi Papa Wemba arimo kuririmba mu gitaramo i Paris mu Bufaransa mu 2006
Igihe co gusoma: iminota 3

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa 'Maria Valencia' n'izindi za Papa Wemba, ariko uyu munsi imyaka 10 irashize apfuye upfu rwatunguranye.

Uyu ni umunsi utazibagirana muri DR Congo, igihugu cyasabye Ubumwe bwa Afurika ko ugirwa umunsi wo kwizihiza muzika ya Afurika, mu kuzirikana uyu ufatwa nk' 'Umwami wa Rumba'.

Uyu munsi, Jeannot Ilunga umwe mu bakunzi ba muzika ya Wemba yanditse ku rubuga Facebook ati: "Mbega uko igihe cyihuta! Sindimo kwemera ko umwami wa Rumba atakiriho kuko muzika ye imurikira buri munsi wanjye".

Celine Kakule yasubije Ilunga ati: "Turamwibuka nk'uwagiye ejo".

Umunyamakuru wa BBC i Kinshasa avuga ko uyu munsi ku rugo rwa Wemba – ubu rwahindutse "Inzu ndangamurage ya Rumba" hateganyijwe igikorwa cyo kumurika bimwe mu bintu bwite bye. N'igitaramo cya muzika nyuma.

Jules Shungu Wembadio Pena Kikumba amazina yahawe n'ababyeyi, abakunzi ba muzika bamumenye nka Papa Wemba muri bande za muzika yabayemo nka Zaiko Langa Langa yahereyemo, Yoka Lokole yashinze nyuma, na Viva la Musica naryo yashinze kandi yari akuriye mu gihe cy'urupfu rwe.

Nyuma y'umunsi muremure w'ibikorwa, tariki 24 Mata 2016 - hari ku cyumweru, ubwo yariho aririmbira imbaga yari yitabiriye Festival de la Musique Urbaine d'Anoumabo i Abidjan muri Côte d'Ivoire, yituye hasi.

Bamwe bagize ngo ni umunaniro usanzwe kuri uyu mugabo wari ufite imyaka 66.

Ariko nyuma y'amasaha macye inkuru mbi yatashye mu bakunzi ba Rumba ku isi ko Wembadio atongeye guhaguruka, ahubwo yahise atabaruka.

Mu 2023 i Kinshasa muri quartier Matonge hafunguwe ishusho y'uyu muhanzi uri mu bakomeye baranze amateka ya DR Congo kugeza ubu

Ahavuye isanamu, Presidence RDC

Insiguro y'isanamu, Mu 2023 i Kinshasa muri quartier Matonge yari atuyemo anakunzwemo cyane, hafunguwe ishusho y'uyu muhanzi uri mu bakomeye baranze amateka ya DR Congo kugeza ubu

Papa Wemba ntiyari umumyamuziki gusa ahubwo yari anazwiho kuba umuhanga mu kwambara – kuri iki bamwe mu banyecongo bafata nka siyanse bise 'sapologie' Wemba bamuhimbaga 'Pape de la Sape', nko kuvug ako ari ikirenga mu 'gutsapa'.

Bimwe mu biri bwerekanwe uyu munsi ku rugo rwe harimo imyambaro ye n'ibindi bwite byari mu bigize ubuzima bwe.

Wemba yasize umugore we Marie-Rose Luzolo, bahimba Amazone bari bamaranye imyaka myinshi. Ubukwe bwabo mu 2014 - imyaka ibiri mbere y'urupfu rwa Wemba - bwaravuzwe cyane kandi bwitabiriwe n'ibyamamare n'abanyapolitike bakomeye. Wemba na Luzolo bafitanye abana batandatu.

Mu Ukuboza (12) 2021 injyana ya Rumba yashyizwe ku rundi rwego ubwo UNESCO yayigiraga kimwe mu bigize umurage w'isi ugomba kurindwa.

Wemba ni umwe mu banyamuziki ba Congo bagize uruhare rukomeye mu kumenyakanisha Rumba ku isi iturutse aho ikundwa bikomeye muri Congo-Brazaville na Congo-Kinshasa.