IKIBIRIRAHO, Amerika yarashe amato ya Iran y'ibikomoka kuri peteroli mu gihe Tehran yarashe ikigo cya gisirikare cy'Amerika muri Jordan

Ubu bushyamirane bwongeye kwiyongera nyuma yuko Iran irashe ubwato bw'intambara bw'Amerika ikoresheje misile zo mu bwoko bwa 'ballistic'.

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Televiziyo yo muri Ukraine yarashwe na 'drone' y'Uburusiya mu gihe batanu bishwe i Kyiv

    Inyubako ikorerwamo na televiziyo y’i Kyiv muri Ukraine yahirimye igice, nyuma y’igitero cya ‘drone’ cy’Uburusiya. Ifoto yo ku itariki ya 8 Nzeri (9) mu 2026.

    Ahavuye isanamu, DSNS / Ukraine

    Insiguro y'isanamu, Inyubako y'iyo televiziyo y'i Kyiv yahirimye igice kimwe nyuma y'igitero cy'Uburusiya

    Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko indege nto y’intambara itajyamo umupilote (izwi nka ‘drone’) y’Uburusiya yarashe icyicaro gikuru cya televiziyo yo muri Ukraine kiri mu murwa mukuru Kyiv ku wa kabiri, ikomeretsa abantu nibura batanu mu gihe abanyamakuru bari barimo batangaza amakuru mu buryo bw’ako kanya.

    Zelensky yavuze ko icyo gitero cyabaye ku manywa ari “icyiciro gishya mu iyonona ry’Uburusiya”. Amafoto yatangaje agaragaza inyubako yahirimye igice kimwe cyayo.

    Abantu nibura batanu biciwe mu bitero by’Uburusiya kuri Kyiv. Abategetsi bavuze ko ikindi gitero kuri gariyamoshi itwara abagenzi mu majyepfo ya Ukraine cyishe umukozi w’umugore.

    Mbere, ibi bihugu byombi byari byemeranyije guhagarika ibitero ku mirwa mikuru yabyo mu gihe cy’iminsi itatu, ubwo intumwa za Perezida w’Amerika Donald Trump zasuraga umurwa mukuru Moscow w’Uburusiya na Kyiv mu mpera y’icyumweru gishize.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Israel yasubizanyije uburakari ku bihano Ubwongereza bwayifatiye mu bice yigaruriye muri Palestine

    Ed Miliband ahagaze arimo kuvuga ijambo mu nteko ishingamategeko y'Ubwongereza

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Ubwongereza yatangaje ibyo bihano ku wa kabiri ari mu nteko ishingamategeko, umutwe w'abadepite

    Ubwongereza bwatangaje ibihano ku bice Israel yigaruriye mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Palestine byo mu karere ka West Bank (Cisjordanie), bushinja leta ya Israel kwirengagiza nkana "imeneshwa ry’ubwoko” rikorerwa Abanye-Palestine rikozwe n’abigaruriye ubwo butaka bakabuturaho.

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza Ed Miliband yavuze ko iki cyemeazo kibaye “intangiriro y’uburyo bushya” ku makimbirane hagati y’Abanye-Palestine n’Abanya-Israel, uburyo “butamagana gusa akarengane n’akababaro ahubwo bunagira icyo bukora”.

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel Gideon Saar yasubije amushinja gukwirakwiza “ikinyoma kirenze ukwemera”, ndetse yatangaje ingamba zo guhangana n’Ubwongereza, zirimo gufunga ibiro by’ubuhagarariye (consulat) muri Yeruzalemu y’Uburasirazuba.

    Ibihano by’Ubwongereza bizabuza kugura ibicuruzwa bivuye mu bice byigaruriwe n’Abanya-Israel byo muri Palestine ndetse bifatire ingamba kompanyi n’abantu batanga serivisi zo kwagura ibyo bice byigaruriwe.

    Ibyo bihano byatangajwe hamwe n’Ubufaransa na Canada. Mu itangazo bihuriyeho byasohoye, byavuze ko icyo gikorwa “kibaye indi ntambwe ikomeye itewe mu buryo bwacu bwo kurinda igisubizo [umuti] gishingiye kuri leta ebyiri”.

    Gutura ku butaka wigaruriye ni ikintu kinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, ndetse urugomo rukorerwa Abanye-Palestine rukozwe n’abigaruriye ubutaka bwabo bakabuturaho rwariyongereye muri West Bank mu mezi ya vuba aha ashize.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Amerika yarashe amato ya Iran y'ibikomoka kuri peteroli mu gihe Tehran yarashe ikigo cya gisirikare cy'Amerika muri Jordan

    Misile y’umutuku na orange irimo gusamwa n’ubwirinzi bw’ikirere bwa Jordan mu kirere kiboneka ku ruhande rwa Israel rwo ku kibaya ya Jordan

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Ubwirinzi bw'ikirere bwa Jordan ubwo bwasamaga misile zarashwe ziturutse muri Iran

    Ingabo z’Amerika ku wa kabiri zarashe amato atanu ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli, bumwe burarohama, mu gusubiza ku kuba Tehran yarashe ubwato bw’intambara bw’Amerika inshuro ebyiri, nkuko byatangajwe na bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika (CENTCOM).

    CENTCOM yongeyeho ko amato ane ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli afitanye isano n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran witwa IRGC yo mu Kigobe cya Oman na yo yarashwe, hamwe n’ubundi bwato bw’ibikomoka kuri peteroli bwari buri hafi y’ikirwa cya Kharg, ahantu h’ingenzi habikwa ibikomoka kuri peteroli hari ku nkombe ya Iran yo ku Kigobe.

    Tehran yasubije igaba ibitero by’ibisasu bya misile ku kigo cya gisirikare cy’Amerika cyo muri Jordan (Jordanie), nubwo Jordan yavuze ko yahanuye 18 muri misile 20 za Iran ikoresheje ubwirinzi bwayo bw’ikirere.

    Ibitero byo kwihimuranaho hagati y’ibyo bihugu bibiri byafashe indi ntera mu cyumweru gishize, nyuma y’amezi arenga atandatu Amerika na Israel bigabye ibitero kuri Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka.

    Umuvugizi w’ingabo za Jordan yavuze ko ebyiri muri misile Iran yarashe zerekeza kuri Jordan zaguye mu duce tudatuwemo.

    Nyuma yo kuburira ko uzagaba ibindi bitero byo kwihorera, ku wa gatatu umutwe wa IRGC wavuze ko wagabye ibitero ku mato abiri y’Amerika, amato umunani y’ibikomoka kuri peteroli n’amato 10 “atubarihiza amategeko” yageragezaga kunyura mu muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe n’igitangazamakuru cya leta ya Iran.

    Ubu bushyamirane bwongeye kwiyongera nyuma yuko Iran irashe ubwato bw’intambara bw’Amerika ikoresheje misile zo mu bwoko bwa ‘ballistic’, CENTCOM ikaba yavuze ko “bwavuwemo neza” n’abari baburimo. CENTCOM yongeyeho ko nta basirikare b’Amerika bagize icyo baba muri ibyo bitero.

    Mu gusubiza, Amerika yavuze ko amato atanu ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli yarashwe n’Amerika yari “amwe mu itsinda ry’agaciro ka za miliyari nyinshi z’amadolari ritera inkunga IRGC n’imitwe yitwaje intwaro ikoreshwa na yo yo mu karere”.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.