IKIBIRIRAHO, Umuhanzi Dolly Parton yapfuye afite imyaka 80
Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye mu njyana ya Country Music, Dolly Parton, yapfuye afite imyaka 80, nk’uko umuryango we wabitangaje ku mbuga nkoranyambaga.
Nigeria yatangaje ko kuri uyu wa gatatu abandi baturage bayo 65 basubira mu gihugu cyabo bavuye muri Afurika y'Epfo, nyuma y'uko hongeye kugaragara impungenge z'ibitero byibasira abanyamahanga muri icyo gihugu.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Nigeria yavuze ko aba baturage bahaguruka ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya OR Tambo i Johannesburg, bakoresheje indege ya kompanyi y'igihugu y'Afurika y'Epfo kandi ko bari burare bageze i Lagos.
Minisiteri y'ububanyi n'amahanga yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko urugendo rw’abo baturage rwatewe inkunga n’abantu ku giti cyabo.
Iri tangazo rije mu gihe muri Afurika y’Epfo hakunze kugaragara umwuka w'ubushyamirane hagati y'abaturage bamwe bo muri icyo gihugu n'abanyamahanga bahatuye, aho rimwe na rimwe habaho ibikorwa by’urugomo n’imvururu byibasira abimukira baturuka mu bindi bihugu byo muri Afurika, harimo n’Abanya-Nigeria.
Iyi gahunda nshya yo gutaha ikurikiye izindi gahunda zo gucyura ku bushake Abanya-Nigeria bari muri Afurika y'Epfo, aho mu bihe byashize Abanya-Nigeria barenga 1,400 batahutse bavuye muri Afurika y’Epfo, nyuma y’imvururu zabaga muri icyo gihugu.
Leta ya Nigeria yakomeje gusaba abaturage bayo baba muri Afurika y’Epfo kubahiriza amategeko yaho, ndetse ikanahamagarira abategetsi bo muri Afurika y’Epfo guharanira umutekano w’abaturage bose, hatitawe ku bwenegihugu bwabo.
'Yari umuntu wihariye': Abahanzi batandukanye bakomeje guha icyubahiro Dolly Parton
Ahavuye isanamu, Getty Images
Eminem
Umuraperi Eminem, izina rye nyakuri rikaba ari Marshall Mathers, yavuze ko Dolly Parton yamwoherereje ibaruwa yuje urukundo, nyuma y’uko bombi bashyizwe muri Rock & Roll Hall of Fame mu 2022.
Eminem yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati:
"Mbabajwe n’uko tutabonye amahirwe yo guhura, ariko kubona iyo baruwa Dolly yanyoherereje rwose byangizeho uruhare rukomeye mu buzima."
"Rwose ntibyari ngombwa ko afata umwanya ngo abikore [anyandikire]. Ndetse no ku mwana wakundaga cyane kumva umuziki wa rap, Dolly yari intangarugero. Yari icyamamare cyo ku rwego rwo hejuru. Dolly, uruhukire mu mahoro. Kandi ndagushimira amagambo meza wambwiye.”
Brandi Carlile, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo wo muri Amerika, na we yanditse ubutumwa bwuje urukundo bwo guha icyubahiro Dolly Parton. Yibutse igihe Dolly “yamfashe mu maso mu biganza bye maze akansengera”.
Carlile yagize ati: “Kuva icyo gihe sinigeze nongera kuba wa wundi. Birashoboka ko amasengesho ye yari afite imbaraga kurusha ayanjye cyangwa ay’undi muntu uwo ari we wese, kuko iryo sengesho ryagize ishusho y’uruziga rw'umukororombya kandi nizeye ko rizankomeza ubuzima bwanjye bwose.”
Beyoncé
Umuhanzikazi Beyoncé, umwe mu byamamare bikomeye ku isi wenda ushobora kugereranywa na Dolly Parton mu kwamamara, na we yavuze ko Dolly yari “umuntu wihariye.”
Mu butumwa yatangaje ku rubuga rwe, Beyoncé yanditse ati: “Dolly, wari icyitegererezo. Inyenyeri ituyobora. Washiraga amanga [wariyemezaga] kandi wari umuhanga, wari ufite impano kandi ntiwacikaga intege. Wigishije benshi uko umuntu yakwihagararaho akaba uwo ari we mu buryo bwihariye. Nshimira ubuhanzi bwawe, umutima wawe, kugira ubuntu kwawe, urwenya rwawe ndetse n’ubushobozi bwawe bwo kwihangira imishinga.”
Sabrina Carpenter
Sabrina Carpenter, icyamamare mu muziki wo mu njyana ya pop, yavuze ko azahora yibuka uburyo Dolly Parton yafataga ubuzima mu buryo bw’ibyishimo no kudakomeza ibintu, n’uburyo yagiraga “urwenya rudasanzwe”.
Carpenter yashyize kuri Instagram amafoto yabo bombi bari hamwe ati: “Ikintu cyonyine nashoboye kuvuga nyuma y’uko duhuye bwa mbere ni, ‘ni koko ameze nk’umumarayika ugenda ku isi’ kandi ‘turasa nk’aho dushobora kuba turi abavandimwe!’”
Billy Ray Cyrus
Umuhanzi Billy Ray Cyrus, wari inshuti ya hafi ya Dolly Parton ndetse bakaba barakoranye umuziki mu gihe cy’imyaka ibarirwa muri za mirongo, na we yavuze byinshi amwibukiraho mu buryo bwuje urukundo.
Umukuru wa CIA yerekeje i Moscow mu biganiro bitari byatangajwe – ibivugwa n'ibitangazamakuru byo muri Amerika
Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Amakuru avuga ko John Ratcliffe yagiye mu murwa mukuru w'Uburusiya ku wa kabiri mu ndege ya gisirikare y'Amerika
Umukuru w'urwego rw'ubutasi bwo mu mahanga rw'Amerika (CIA) yagiye i Moscow mu biganiro bitari byaratangajwe, nkuko bitangazwa n'igitangazamakuru CBS gikorana na BBC muri Amerika.
Amakuru avuga ko John Ratcliffe yageze aho mu murwa mukuru w'Uburusiya ku wa kabiri. Washington cyangwa Moscow, nta ruhande rwemeje imiterere y'urwo ruzinduko cyangwa uwo biteganyijwe ko ahura na we.
'Umwiza cyane w'Amerika': Ba Perezida b'Amerika bahaye icyubahiro Parton
Ahavuye isanamu, GETTY IMAGES
Perezida w’Amerika Donald Trump yategetse ko amabendera y’Amerika yururutswa kugeza mu cya kabiri mu gihe cy’icyumweru uhereye ku munsi w’ejo ku wa kabiri, mu rwego rwo guha icyubahiro umuhanzi Dolly Parton wapfuye afite imyaka 80.
Umunyamakuru wa BBC muri Amerika Anthony Zurcher avuga ko ibyo bibaho gacye cyane muri icyo gihugu.
Perezida Trump, mu butumwa yatangaje ku rubuga rwa Truth Social, yagize ati: “Iki ni igihombo nyacyo ku bantu babarirwa muri za miliyoni. Nta wigeze abaho umeze nka we, kandi nta n’uzigera abaho umeze nka we.”
Yasoje agira ati: “Dolly, Uruhukire mu Mahoro! Isi iragukunda.”
Abahoze ari ba Perezida b’Amerika bakiriho, bose na bo batangaje ubutumwa bwo guha icyubahiro Dolly Parton, bashimagiza umurage asize mu muziki, ibikorwa bye by’ubugiraneza ndetse n’uruhare yagize mu guteza imbere umuco w’Abanyamerika.
Bill Clinton
Bill Clinton yavuze ko Dolly Parton yari umwanditsi w’indirimbo n’umuhanzi “wihariye”, kandi ko yagezaga ku bantu “inkuru z’ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyamerika mu buryo burimo ukuri, ukwicisha bugufi kandi buvuye ku mutima.”
Yavuze ko we n’umugore we akaba n’uwahoze ari Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika, Hillary Clinton, bari abafana bakomeye ba Dolly kuva bamubona mu mwaka wa 1974. Yashimagije kandi uruhare Dolly yagize mu guteza imbere gusoma no kwandika.
George W Bush
George W Bush yavuze ko we n’umugore we Laura bakundaga umuziki wa Dolly n’imyambarire ye.
Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye mu njyana ya Country Music, Dolly Parton, yapfuye afite imyaka 80, nk’uko umuryango we wabitangaje ku mbuga nkoranyambaga.
Mwishywa we, Bryan Seaver, mu butumwa bwa videwo yatangaje ku rubuga rwa Instagram, yagize ati: “Agahinda kari kuri twe [abasigaye], si kuri Dolly. Dolly yabayeho mu rumuri [mu mucyo], kandi ubu ari mu maboko ya Yezu/Yesu, rwose.”
Itsinda ryari rishinzwe itumanaho rya Dolly Parton na ryo ryasohoye itangazo ryemeza ko uyu muhanzikazi yapfuye.
Dolly Parton yavutse mu mwaka wa 1946, mu muryango w’abahinzi ukennye wabaga mu nzu nto yari ifite icyumba kimwe, hafi y’umugezi wa Little Pigeon, muri leta ya Tennessee.
Yari umwana wa kane mu bana 12. Se, Robert Lee Parton, yari umuhinzi w’itabi. Bivugwa ko igihe Dolly yavukaga, se yahaye umumisiyoneri umufuka w’ifu y’ibigori nk’igihembo cyo kumufasha mu kubyara.
Dolly yavuze ko nyina, Avie Lee, yakundaga kuririmba indirimbo gakondo buri gihe. Nanone yatewe imbaraga na nyirasenge we wacurangaga gitari akanandika indirimbo.
Nyirarume yajyaga amuherekeza mu bitaramo bye bya mbere, akamucurangira gitari.
Dolly yatangiye kuririmbira mu rusengero rwari mu gace bari batuyemo, aho sekuru yari umuvugabutumwa, ubwo Dolly yari afite imyaka itandatu.
Mbere y’uko agera mu myaka y’ubwangavu, yari yaratangiye no kuririmba kuri televiziyo yari mu gace k’iwabo.
Afite imyaka 13, yari amaze kugera ku rwego rwo hejuru mu njyana ya Country Music. Yataramiye ku rubyiniro ruzwi cyane rwa Grand Ole Opry i Nashville, muri Tennessee.
Itangazo ryasohowe n'itsinda ry'abakoranaga na we rivuga ko Dolly Parton yapfuye nyuma y'igihe gito yari amaze arwaye kanseri (cancer).
Yapfiriye ku ivuriro rya Vanderbilt-Ingram, muri leta ya Tennessee, akikijwe n'abamukunda, nkuko iryo tangazo ribivuga.
Mu mezi ya vuba aha ashize, Parton yikuye mu bikorwa byo kugaragara mu ruhame yateganyaga kwitabira, kubera "ingorane z'ubuzima".