Ni iki ibihugu byunguka mu gihe bibonye itike yo kujya mu gikombe cy'isi?

 Lionel Messia asoma igikombe

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Lionel Messi asoma igikombe cy'isi
Igihe co gusoma: iminota 4

Ibihugu byujuje ibisabwa mu gikombe cy'isi cya FIFA bibona icyubahiro gikomeye mu maso y'isi, ndetse n'inyungu z'amafaranga n'ibyishimo byinshi mu baturage babyo.

Iyi si intsinzi y'umukino gusa, ahubwo ni intsinzi igira akamaro kuri politiki, ubukungu, umuco n'ubumwe bw'abaturage.

Ku gikombe cy'isi cya 2026, FIFA irateganya gutanga amafranga arenga miliyari imwe y'amadolari ku bihugu bizitabira imikino ya nyuma, buri kipe izahabwa nibura miliyoni imwe y'amadolari nubwo itararenga icyiciro cy'amatsinda, nk'uko bivugwa an FIFA.

Inyungu z'amafaranga

Mu irushanwa rya 2026, mu mafaranga azatangwa, harimo n'ibihembo byabahatanira igikombe n'urwego amakipe azageraho, hiyongereyeho arenga 50% ugereranyije n'ayakoreshejwe mu irushanwa ryabanje ryabereye muri Qatar ryo mu 2022.

Amakipe 48 yose hamwe ni yo azakina igikombe cy'isi cy'uyu mwaka kizabera muri Canada, Amerika na Mexique.

Amakipe azaba ari ku mwanya wa 33 kugeza ku wa 48 azahabwa amamiliyoni y'amadolari y'ibihembo, n'inkunga y'inyongera izatangwa na FIFA yo gutoza, ingendo, igenamigambi, n'ibindi byinshi.

Aya mafaranga afasha ibihugu, cyane cyane biri mu nzira y'amajyambere, kunoza umupira w'amaguru n'ibikorwaremezo kugira ngo biteze imbere amakipe ari mu rwego rwo hasi muri uyu mukino mu bihugu byabo.

Igihugu kizatwara igikombe kizahabwa miliyoni 50 z'amadolari, icya kabiri kizahabwa miliyoni 33 z'amadolari, naho ibihugu bitabashije kugera ku mikino ya nyuma bizahabwa miliyoni icyenda z'amadolari buri kimwe.

Mbere yo kujya aho imikino izabera, buri gihugu kizahabwa miliyoni 1.5 z'amadolari yo kwitegura urugendo.

Ni igihe cy'ibyishimo n'ubusabane ku banyagihugu

Ibyishimo by'intsinzi y'umupira w'amaguru bihuza abaturage b'igihugu

Ahavuye isanamu, PA Media

Insiguro y'isanamu, Ibyishimo by'intsinzi y'umupira w'amaguru bihuza abaturage b'igihugu

Akenshi, abantu bajya mu mihanda bishimira amakipe bafana iyo yatsinze, mu gihe za leta n'amasosiyete batangaza iminsi mikuru yihariye kugira ngo bitabire ibirori cyangwa bitabiriye imikino.

Ibihugu bimaze imyaka myinshi bidafite amahirwe yo guhatana, cyangwa ibihatana bwa mbere, bizumva iyi ntsinzi kurusha uko byari bibyiteze.

Bazazamura amabendera yabyo, indirimbo zo gukunda igihugu ziririmbwe, n'ibirori ku buryo ubumwe bw'abaturage no gukunda ibihugu byabo byiyongera.

Kongerera agaciro igihugu

Amakipe afite ubushobozi bwo kwerekana impano zayo ku isi, abakinnyi bashobora kugira amahirwe yo kumenyekana ndetse bagashobora kugurwa n'amakipe y'umupira w'amaguru akomeye ku isi.

Ibi biha amahirwe yo gutera imbere mu mibereho mu gihe abayobzi ba siporo nabo bashishikarizwa guteza imbere gushora imari muri ibyo bihugu.

Hari kandi inyungu zikomoka ku bukerarugendo, uburenganzira bwo kwamamaza, no gutangaza amakuru ku mbuga nkoranyambaga.

Igikombe

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Igikombe cy'isi

Ingaruka zikomeye mu bukungu

Ubushakashatsi bwerekana ko mu mikino yo mu 2022, abashyitsi n'itangazamakuru byagize uruhare mu kuzamura ubukungu ku gaciro kagera kuri miliyari imwe y'amadolari ku bihugu byitabiriye iyi mikino ya nyuma.

Ibi byatumye igihugu kigira uruhare runini mu iterambere ry'ubukungu bw'igihugu.

Muri iki gikombe cy'uyu mwaka hari ibihugu byari bifite amateka maremare yo kutitabira igikombe cy'isi, mu gihe ibindi byishimiye ubwitabire bwaryo bwa mbere.

Mu byitabiriye ubwa mbere harimo Cape Verde, Jordan, na Uzbekistan naho Afurika y'Epfo na Paraguay byaherukaga kwitabira mu 2010 naho DR Congo yaherukaga kwitabira mu myaka irenga 50 ishize.

Ibi bigaragaza ko igikombe cy'isi atari umukino gusa, ahubwo ni amahirwe akomeye ahindura amateka y'igihugu mu bijyanye n'umuco n'imikino.

Ibihugu bizungukira cyane mu iri irushanwa

Perezida Donald Trump wa Amerika na Perezida wa FIFA Giovanni Infantino

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Perezida Donald Trump wa Amerika na Perezida wa FIFA Giovanni Infantino

Kwitabira Igikombe cy'Isi cya FIFA si igikorwa cya siporo gusa, ahubwo ni amahirwe manini ahindura imiterere y'igihugu cyose.

Nubwo buri gihugu cyungukira mu kwitabira iyi mikino, hari amatsinda amwe y'ibihugu byungukiye cyane mu kwemererwa kwitabira aya marushanwa akomeye mpuzamahanga.

Ibihugu nka Panama, Costa Rica, Maroc, Senegal, Japan na Koreya y'Epfo biri mu bihugu byungukiye cyane mu kwitabira iri rushanwa.

Mu bihugu nk'ibi, kwitabira igikombe cy'isi byateje imbere umupira w'amaguru muri rusange.

Inkunga ya FIFA n'inkunga iva ku baterankunga bibafasha kubaka ibibuga by'imikino, imyitozo no kumenyekana kwa abakinnyi bashya.

Byongeye kandi, abakinnyi babo barimo gushaka amakipe akomeye yo mu Burayi, igikorwa cyongerera igihugu amafaranga n'icyubahiro.

Ibihugu bititabira irushanwa

Iyo igihugu kimaze imyaka myinshi kititabira Igikombe cy'Isi, nyuma kibonye amahirwe, bishobora kugira ingaruka zikomeye.

Urugero, Ecosse na Wales cyangwa Irani rimwe na rimwe byishimiye kugera ku bumwe bw'igihugu.

Mu bihugu nk'ibi, izi ntsinzi ziganisha ku iterambere ry'imikino y'urubyiruko mu gihugu, no kuvugurura ubushake bwa gukunda iyi siporo mu rwego rw'igihugu.

Ibihugu bifite ubushobozi buto mu bukungu

Ku bihugu bifite ubukungu butari hejuru cyane, kwitabira Igikombe cy'Isi bishobora amahirwe akomeye.

Amafaranga yinjira, ubukerarugendo, n'ibicuruzwa bishobora kugira uruhare runini mu bukungu rusange bw'igihugu. Nanone, itangazamakuru mpuzamahanga rikurikirana umukino muri ibi bihugu rifasha mu gukurura abashoramari bashya.

Muri make, ibihugu byungukira cyane mu kwitabira iri rushanwa ni ibikoresha amahirwe yo kubaka siporo, ubukungu, n'ubumwe bw'abaturage.

Ibi nibyo bituma igikombe cy'isi kiba umukino uhindura amateka kandi ukazamura ubukungu, atari umupira w'amaguru gusa