Ibintu bitanu by'ingenzi muri raporo ku mvururu zabaye ku ya 29 z'uKwacumi muri Tanzania

 Uwahoze ari Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Mohamed Chande niwe washyikirije Perezida Samia raporo
Insiguro y'isanamu, Uwahoze ari Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Mohamed Chande niwe washyikirije Perezida Samia raporo
Igihe co gusoma: iminota 4

Nyuma yo gutegereza igihe igihe kirekire, raporo ya komisiyo yashyizweho na guverinoma kugira ngo ikore iperereza ku bikorwa by'imvururu n'urugomo mu matora na nyuma yayo yashyikirijwe perezida Samia Suluhu uyu munsi.

Muri icyo gihe cyose, habayeho impfu n'ibikomere byinshi nk'uko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n'amashyaka ya politiki ibivuga, ubu guverinoma ya Tanzania yazanye igisubizo cyayo cyo ku rwego rwo hejuru ku byabaye ku ya 29 Ukwakira (10), ku bijyanye n'impfu, abakomeretse n'ibyangiritse.

Ni raporo yakusanyijwe mu mezi menshi iyobowe n'uwahoze ari Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Mohamed Chande, ikaba yaraganiriye n'abaturage babarirwa mu bihumbi b'Abanyatanzania, ikoresha amafoto na videwo byo ku ya 9 Ukwakira(10) n'iminsi yakurikiyeho. Muri iyi raporo, hari ingingo eshanu z'ingenzi.

Icyateye imvururu

Nkuko bivugwa n'umuyobozi wa komisiyo Umuchamanza Chande, impamvu za politiki, zirimo kutizera Komisiyo Yigenga y'Amatora, ibibazo by'ubukungu, ubushomeri, ingorane, ibibazo by'imibereho myiza nko kutagira urukundo rw'igihugu ni zimwe mu mpamvu z'urugomo rwabaye mu matora yo ku wa 29 Ukwakira (10).

Ibibazo bigezweho birimo gusaba itegeko nshinga rishya, kunoza komisiyo yigenga y'amatora. Ibibazo by'imibereho myiza, ubushomeri, imibereho igoye n'amananiza mu b'ubucuruzi, kunyereza imisoro, Ibibazo by'imibereho myiza birimo kudakurikizwa kw'amahame mbwirizamuco no kutagira urukundo rw'igihugu ndetse no kudafata imyemezo ku birego bya ruswa, ibura ry'abantu no gushimuta abantu.

Komisiyo ivuga ko habayeho ingamba zafashwe n'amahanga zo kwivanga mu bibazo by'imbere mu gihugu cya Tanzania.

Intego y'imvururu

Komisiyo yagaragaje intego eshatu z'i mvururu zabaye. Imwe ni ugukumira amatora. Iyi ntego igaragazwa n'ibintu bitandukanye, birimo kwibasira abasirikare, abakozi n'abayobozi b'amatora, gusenya imitungo y'abayobozi, gutera ubwoba, gusahura ibiro by'itora, gusahura imitungo, gutera ubwoba abatora n'abatorwa ko baterwa imigeri cyangwa bagacibwa intoki.

Indi ntego ni ugutanga ubutumwa. Komisiyo ivuga ko mu bagize uruhare muri urwo rugomo harimo intego yo gutanga ubutumwa kuri leta, komisiyo ivuga ko urubyiruko rwitabiriye rwabonye umwanya wo gutanga ubutumwa kuri leta ko bifuzaga ko bumvwa.

Ikindi ni ubusahuzi. Mu bari mu myigaragambyo, harimo amatsinda y'abasahuzi n'abajura. Ubusahuzi bwabaye mu maduka no mu yandi mazu y'ubucuruzi yasuwe na komisiyo.

Umubare w'abapfuye n'abakomeretse

Abigaragambya bawitse amapine mu mihanda mu mijyi mu mvururu muri Tanzania
Insiguro y'isanamu, Imvururu mu gihe muri Tanzania

Komisiyo ishinzwe iperereza ya leta yatangaje ko nibura abantu 518 bishwe mu mvururu zabaye mu matora rusange yo mu Ukwakira(10) 2025 muri Tanzania.

Umubare w'abantu bapfuye muri iryo hohoterwa wari 518, umubare w'abagabo bapfuye wari 490, bingana na 94.6%, n'abagore 28, bingana na 5.4%.

Intara ya Dar es Salaam iri ku isonga mu kugira umubare munini w'impfu aho 182 bapfuye, Mwanza 90, Mbeya 80 na Arusha 53. Abana 21 bapfuye nibo bishwe. Naho abasirikare n'abashinzwe umutekano bapfuye ni 16 .

Kugeza ku ya 31 Werurwe(3) 2026, umubare w'abakomeretse bari baravuriwe mu bigo nderabuzima bya leta n'iby'abikorera ku giti cyabo wari 2.390, muri bo 2.270 bari abasivili naho 120 bari abapolisi n'abasirikare b'inzego z'umutekano.

Komisiyo yavuze ko umubare ushobora kuba munini kuko Komisiyo yizera ko bishoboka ko hari imiryango yashyinguye ababo batajyanywe mu bigo nderabuzima cyangwa ngo bagire amahirwe yo kwitaba Komisiyo.

Uko igihombo kingana

Komisiyo yemeje ikoresheje amasoko atandukanye ko agaciro k'umutungo w'abikorera ku giti cyabo n'uwa leta kangana na miliyari 125 z'amashilingi ya Tanzania, umutungo w'abikorera ku giti cyabo cyangwa uw'abantu ku giti cyabo ufite agaciro ka miliyari 89 warangiritse. Naho umutungo wa leta ibyangiritse ni miliyari 36 z'amashilingi.

Umuyobozi wa Komisiyo yavuze ko iperereza rya komisiyo ryakozwe mu ntara za Dar es Salaam, Mbeya, Songwe, Mwanza, Geita, Arusha, Iringa, Dodoma, Shinyanga, Mara na Ruvuma.

Ibyifuzo

Abigaragambya bafunze imihanda minini mu mijyi muri Tanzania

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Abigaragambya bafunze imihanda minini mu mijyi muri Tanzania

Komisiyo yatanze inama nyinshi zashyizwe mu byiciro byinshi, ibijyanye n'ubwiyunge bw'igihugu, gukemura ibibazo by'urubyiruko, cyane cyane mu bijyanye n'ubukungu, n'ibibazo by'amashyaka ya politiki, cyane cyane mu bijyanye n'Itegeko Nshinga rishya rya komisiyo y'amatora.

Guverinoma n'inzego za leta nabyo byasabwe gushyigikira ubutabera na demokarasi kugira ngo birinde ubwumvikane buke hagati y'abaturage. Komisiyo kandi yasabye guverinoma gushyiraho komisiyo y'ibyaha kugira ngo ikurikirane ibirego bijyanye n'ubwicanyi bwa bantu bwakozwe na polisi mu ngo, n'ibindi bikorwa byo gutuka abantu, n'ibindi byaha bitandukanye.