Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha bya jenoside, yapfuye ku myaka 84
Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Mladić yihishahishe imyaka 16 nyuma y'intambara yo muri Bosnia, amaherezo aza kuburanishwa i La Haye mu Buholandi
Ratko Mladić, Umu-Serbe wo muri Bosnia wari warahamwe n'ibyaha byo mu ntambara, yapfiriye muri gereza y'Umuryango w'Abibumbye (ONU) iri i La Haye (The Hague) mu Buholandi, afite imyaka 84.
Mu mwaka wa 2017 yakatiwe gufungwa burundu, nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya jenoside, ibyaha byo mu ntambara n'ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cy'intambara yabaye mu yahoze ari Yugoslavia kuva mu mwaka wa 1992 kugeza mu 1995.
Abishwe n’umwuzure muri Nepal na Tibet bageze ku bantu nibura 469
Ahavuye isanamu, Reuters
Abantu nibura 469 bamaze gupfa muri Nepal ndetse abandi babarirwa mu magana baracyaburiwe irengero, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabaye ku wa gatatu, mu gace k’imisozi miremire ya Himalaya kegereye umupaka.
Muri Tibet, abantu batatu bamaze gupfa, mu gihe abarenga 550 baburiwe irengero. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare mishya ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.
Abakora ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse ndetse aba bakora ubutabazi bavuga ko bahangayitse cyane, nyuma y’amakuru avuga ko undi mwuzure ushobora kongera kwibasira aka gace kasenywe n’umwuzure wa mbere, nkuko umwe mu bategetsi b'umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge yabibwiye BBC.
Ikiyaga cy’amazi arimo kwiyongera cyavutse hafi y’umupaka uhuza Ubushinwa na Nepal. Hari impungenge ko amazi ashobora kurenga inkombe z’icyo kiyaga, agatera undi mwuzure, nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC Laura Bicker ukorera i Beijing.
Abategetsi bo muri ako gace babwiye BBC ko ihirima ry’urubura runini (cyangwa ‘glacier’) ari ryo ryateje uwo mwuzure ukaze w’igihe gito.
Amazi menshi yatewe n’uko guhirima (gusenyuka) yanyuze mu ngo no mu mihanda, asenya byinshi ndetse anangiza inzira y’ingenzi ihuza Nepal na Tibet.
Buri mwaka, aka gace gasanzwe gasurwa na ba mukerarugendo babarirwa mu bihumbi za mirongo.