Kenya: Urukiko rwashimangiye iyeguzwa rya Gachagua wahoze ari Visi Perezida
Urukiko rwo muri Kenya rwashimangiye iyeguzwa ryo mu mwaka wa 2024 ry’uwahoze ari Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua, ibi bikaba bimubuza kuba mu mwanya wo muri leta.
Abacamanza batatu bo mu rukiko rukuru rwa Kenya bapfobeje ibivugwa na Gachagua, birimo ko iyeguzwa rye ryari rishingiye ku mpamvu za politike zo kumwibasira.
Ariko urukiko rwasanze Sena ya Kenya yarahonyoye uburenganzira bwa Gachagua ubwo yananirwaga kuba ihagaritse imirimo yayo nyuma yuko arwaye igihe icyo gikorwa cyari kirimo kuba.
Rwavuze ko ibi bidatesha agaciro iyeguzwa rye ariko rutegeka ko ahabwa impozamarira ya miliyoni 50 z’amashilingi (angana na miliyoni 565 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda).
Gachagua yahindutse umuntu unenga bikomeye Perezida William Ruto. Icyo cyemezo cy’urukiko giciye intege intego ye yo kwiyamamariza kuba perezida, kubera ko iyeguzwa rye rimubuza kuba yaba mu mwanya wo muri leta.
Gachagua ntiyari ari mu rukiko ubwo rwasomaga icyo cyemezo kiri ku mapaji 350, ariko itsinda ry’abunganizi be ryasezeranyije kujurira.
Ukuntu yakuwe ku butegetsi mu buryo butangaje byakurikiye gushwana kwe na Perezida Ruto. Ku bwiganze bw’amajwi, abadepite batoye bashyigikira iyeguzwa rye, bamushinja ruswa, gukurura amacakubiri ashingiye ku moko no kubangamira leta.
Yamaganye iryo yeguzwa, avuga ko ibyo birego “nta shingiro” bifite, ko bishingiye ku mpamvu za politike kandi ko yangiwe kuburanishwa mu buryo buboneye.
Uretse gushimangira iyeguzwa rya Gachagua, ku wa mbere urukiko rwemeje ishyirwaho rya Kithure Kindiki nk’uwamusimbuye.
Kuva akuwe kuri uwo mwanya, Gachagua yakoze ubukangurambaga cyane bwo kwamagana leta, abona abamushyigikiye benshi cyane mu karere avukamo karimo umusozi muremure wa Kenya (Mount Kenya).
Izindi nkuru wasoma: