Ingabo za Amerika zinjiye mu bwato butwaye ibitoro bya Iran’ mu nyanja y’Ubuhinde

Ahavuye isanamu, US Department of Defence
Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyafashe ubwato buri mu bihano bwari butwaye ibitoro bya Iran, mu gihe umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’ibihugu byombi muri iki gihe cy’agahenge.
Mu itangazo ku rubuga X, minisiteri y’ingabo za Amerika yavuze ko ingabo zakoze igikorwa “zifitiye uburenganzira cyo kwinjira mu bwato budafite igihugu kandi bwafatiwe ibihano bwa M/T Majestic X butwaye ibitoro bivuye muri Iran”.
Amashusho yerekanye amasirikare bamanukira ku migozi bava muri kajugujugu binjira ku bwato butwaye ibyo bitoro.
Iyo minisiteri ivuga ko igisirikare cya Amerika kizakomeza kwinjira mu mato akekwaho “guha inkunga Iran”.
Amerika ishinja amato amwe n’amwe kurenga ku mabwiriza y’ibihano byafatiwe Iran cyangwa guturuka ku mwaro wa Iran muri iki gihe ivuga ko yawufunze.
Iran na yo yatanze amabwiriza ko ifunze umuhora wose wa Hormuz ndetse amwe mu mato aherutse kugerageza kuwunyuramo yarashweho.
Ingabo za Amerika zimaze gufata amato agera 10 kuva zitangiye kubahiriza icyemezo cya leta ya Trump cyo gufunga umwaro wa Iran mu muhora wa Hormuz. Ntabwo zifatira aya mato hafi ya Iran, ahubwo ziyategera hirya kure mu nyanja y’Ubuhinde.












