Macron i Nairobi: Ku ibaraza atetse, mu muhanda yiruka… byatangaje benshi

Ahavuye isanamu, Emmanuel Macron/X
Iruhande rw’inama n’ibikorwa bya dipolomasi, Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa nyuma yo kugera i Nairobi yabonetse no mu bikorwa by’umuco, imyidagaduro, siporo n’ubuzima busanzwe byo muri uwo mujyi byakuruye amatsiko ya benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Ku cyumweru, Macron yatumiye bamwe mu byamamare muri Kenya ngo basangire ‘dinner’ yihariye yarimo umuririmbyi w’icyamamare Bien-Aimé Baraza wahoze mu itsinda Sauti Sol ritakiriho.
Muri uko gusangira kandi hari Denis Ombachi wahoze ari umukinnyi wa Rugby ubu wubatse izina rikomeye mu kugaragaza ubuhanga mu guteka ku mbuga nkoranyambaga.
Nyuma nibwo kandi Macron yabonetse mu mashusho yakwiriye henshi arimo guteka ubugali n’imboga za Sukumawiki ari kumwe na Ombachi, amashusho na yo yakuriye amatsiko n’ibitekerezo bya benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Ombachi amaze imyaka akora ubu buryo bwo kugaragaza ubuhanga mu guteka ku mbuga nkoranyambaga kandi akakira ibyamamare bagatekana aho abikorera ku ibaraza mu buryo buba burimo no kuganira n’abamukurikira.
Nta gushidikanya ko Ombachi uyu ari umwe mu bashyitsi b’icyubahiro kurusha abandi yakiriye kuri ayo mashyiga ye bagateka ubugali n’imboga.
Kuri uyu wa mbere, Macron yabonetse mu yandi mashusho arimo kwirukanka mu gitondo hagati mu mujyi wa Nairobi we n’icyamamare mu gisiganwa ku maguru Eliud Kipchoge, ndetse basura ishuri ribanza iri muri uwo mujyi.
Macron, biciye mu nama ya Africa Forward bateguye i Nairobi, arimo gushaka kugaragaza Ubufaransa nk'umufatanyabikorwa wa Afurika mu iterambere aho kugaragara nk'imbaraga z'uwahoze ari umukoloni wa bimwe mu bihugu bya Afurika, nk’uko abasesenguzi bamwe babivuga.
Izindi nkuru wasoma:
















